Subscribe by rss
    Saturday 16 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Aug 29th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Kamonyi: Abafatanyabikorwa n’abaturage ni bo bafashije ubuyobozi kwesa imihigo

    Abafatanyabikorwa n’abaturage

    Kuba ibikorwa byinshi  byagezweho mu guhigura imihigo y’umwaka wa 2011/2012, byatewe n’uruhare abaturage bagiye bagaragaza mu kwitabira gahunda za leta. Abafatanyabikorwa na bo bakaba barakurikiranywe  ngo barangize igihe ibyo bari  biyemeje.

    Mu kiganiro twagiranye n’Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu Imari n’Iterambere, Uwineza Claudine, yatangaje ko ingufu z’abaturage mu gushyira mu bikorwa imihigo ari zo zatumye akarere ka Kamonyi kaza ku mwanya wa 2 kavuye kuwa 20 kari kajeho mu mwaka wabanje.

    Abisobanura  muri aya magambo: “abaturage ni bo bahinze neza, ni bo boroye neza, biyubakiye amashuri, ni bo batanze mituweli. Ibikorwa byinshi twari dufite mu mihigo, uruhare runini ni urw’abaturage”.

    Uyu muyobozi arashima ubufatanye abaturage badahwema kubagaragariza, kuko ngo n’umwaka ushize, nta ruhare abaturage  babigizemo ngo akarere ka Kamonyi kaze ku mwanya 20. Ahubwo ngo byari byatewe n’imikoranire y’abafatanyabikorwa bari bijeje kubaka hoteli  n’ibindi bikorwa bitandukanye batigeze babonera ingengo y’imari.

    Iyo mikoranire n’abafatanyabikorwa na yo yaranonosowe mu mwaka wa 2011/2012, kuko ubuyobozi bwakomeje kujya bwibutsa ba Rwiyemezamirimo ko batagomba kubatesha amanota.  Ati “ mu by’ukuri ibanga  nyamukuru twakoresheje ni ukugirana inama n’abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa”.

    Ku ruhande rw’abaturage, na bo bemera ko uyu mwanya bawuharaniye, kuko buri wese yiyemezaga icyo azakora maze akacyandika mu ikaye y’imihigo y’urugo. Bagaragaje kandi n’ubwitange mu bikorwa rusange nko kubaka amashuri no guhuza ubutaka.

    Abaturage kandi biteguye kuzafasha ubuyobozi bwa bo kuzashyira mu bikorwa imihigo y’umwaka utaha wa 2012/2013, ariko bagasaba ko ubuyobozi bwakwirinda guhutaza abaturage, mu gihe hari serivisi bakeneye, ntibayimwe ngo ni uko hari gahunda za leta batarubahiriza.

    Mu isuzuma ry’imihigo, igice kijyanye n’ubukungu cyiharira 60%, imibereho myiza 30%, naho Imiyoborere myiza igatwara 10%.  Akarere ka Kamonyi kabaye aka kabiri mu bukungu, kaba aka mbere mu mibereho myiza n’aka gatatu mu miyoborere myiza. Mu mwaka wa 2012/1013, umuhigo nyamukuru bazibandaho, ni ugushyiraho irerero ry’abana b’incuke muri buri kagari.

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED