Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Aug 31st, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Ngororero: Zimwe mumpamvu akarere kasubiye inyuma mu kwesa imihigo

    Bimwe mubyatumye akarere ka Ngororero gasubira inyuma mumyanya ni abaterankunga n’abafatanyabikorwa b’akarere badashyira mu bikorwa ibyo biyemeje birimo inkunga y’amafaranga cyangwa ibindi bikorwa by’iterambere.

    Hashize iminsi mike hatangajwe uko uturere tw’u Rwanda twarushanyijwe mukwesa imihigo abayobozi b’uturere basinyana na Nyakubahwa Perezida wa repubulika buri mwaka. Akarere ka Ngororero kakaba karaje ku mwanya wa 19 aho kasubiye inyumaho imyanya 5.

    Umunsi umwe mbere y’uko ibi bishyirwa ahagaragara, umuyobozi w’akarere bwana Gedeon Ruboneza yari yijeje abaturage bo mu mirenge ya Ngororero, Muhororo na Gatumba ko afite icyizere cy’uko batazasubira inyuma, bitewe n’ibikorwa byinshi bagezeho. Gusa, igihe igikorwa cyo kugenzura uko imihigo yashyizwe mubikorwa, umuyobozi w’akarere n’abo bafatanyije bakaba bari bagaragaje impungenge z’imihigo itarakozwe bitewe n’abagombaga gutanga amafaranga.

    Zimwe mumpamvu akarereMuriyo ivugwa cyane ndetse ikaba ari nayo ishyirwa mu majwi ku gutuma akarere gasubira inyuma mu myanya ni iyubakwa ry’imihanda 2 ya kaburimbo buri umwe ureshya na kilometer 1 ikaba itarubatswe kubera ko minisiteri y’ibikorwaremezo itatanze amafaranga yari yaremeye, kimwe n’ishuli ry’imyuga ryagombaga kubakwa n’umushinga WDA, nubwo mu igenzura ry’imihigo hari andi makosa abari bagize itsinda ry’ubugenzuzi bagiye babona ndetse amwe bakayavugira aho murwego rw’ubujyanama.

    Nyamara ariko bigaragara ko akarere ka Ngororero kagenda gasubira inyuma mumyanya ariko kakiyongera mu manota kuko nko muri uyu mwaka kavuye ku manota 80,6% kakagera kuri 87% arenga kakarushwa n’akarere ka mbere amanota arenga 8%, naho muri rusange uturere tukaba twaresheje imihigo kukigereranyo cya 82%, za ambasade zikayesa kuri 72% naho za minisiteri kuri 82%.

    Bimwe mubyo abantu basanga bizatuma imihigo yeswa neza ndetse no kugenzura ishyirwa mubikorwa byayo bikaba ntamakemwa, ni uko za minisiteri zitazajya zubahiriza ibyo ziyemeje mu turere zaba arizo zikurwaho amanita doreko nazo zizajya zihiga buri mwaka. Ikindi usanga kivugwa ni ukuba abagenzura uturere baba Atari bamwe maze hakibazwa niba n’imitangire y’amanota yaba Atari imwe bikaba byazamo kwibeshya.

     

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED