Subscribe by rss
    Saturday 27 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Sep 2nd, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | GISAGARA: HATANGIJWE KU MUGARAGARO UKWIHESHA AGACIRO MU KIGEGA AGACIRO DEVELOPMENT FUND

    Umuyobozi w’akarere asobanura ikigaga Agaciro Development Fund

    Umuyobozi w’akarere asobanura ikigaga Agaciro Development Fund

    Kuri uyu wa gatanu tariki ya 31 kanama,2012  akarere ka Gisagara katangije ku mugaragaro ukwihesha agaciro mu kigega Agaciro Development Fund, ubuyobozi busobanurira abaturage impamvu y’iki kigega ndetse bunahumuriza abaturage baba bagifiteho impungenge bubabwira ko amafaranga akijyamo nta kindi agamije kitari ukubakomereza ibikorwa by’amajyambere biri kubakorerwa.

    Mu gutangiza iki gikorwa cyari cyitabiriwe na nyakubahwa Depite Speciose MUKANDUTIYE wari umushyitsi mukuru, umuyobozi w’akarere Leandre KAREKEZI yabanje gusobanura imvo n’imvano y’iki kigega kugirango abantu batange amafaranga bazi icyo atangiwe. Yasobanuye kandi ko iki kigega kitaje gukuraho inkunga z’amahanga nk’uko benshi babivuga, ahubwo ko ari ukugaragaza ko zitanabayeho igihugu cyakomeza kubaho kibeshejweho na banyiracyo.

    Yagize ati “Iki kigega ntabwo kije gukuraho inkunga z’amahanga, ahubwo turashaka ko izo nkunga zitazaba urwitwazo ngo abaziduha badufate uko bashaka. Inkunga ni nziza zidufasha mu bikorwa byinshi by’amajyambere ariko ziramutse zitanabayeho abanyarwanda bakomeza bakabaho kandi bakanatera imbere”

    Yasabye abayobozi bari aha bose ko batazitwaza iki kigega ngo batange serivisi mbi kubaturage kuko kwihesha agaciro atari agahato.

    Yagize ati “Iki kigega kigamije kudufasha mu iterambere ryacu ntigikwiye kuzatuma abayobozi batanga serivisi mbi ngo bime abaturage ibyo babagomba hitwaje ko batatanze amafaranga muri iki kigega cyane ko atari agahato, ahubwo icyo dusaba abantu ari ukumva akamaro kacyo”

    Nyakubahwa Depite Speciose MUKANDUTIYE mu ijambo rye yasabye abanyagisagara kumva icyo aricyo kwihesha agaciro muri iki kigega kandi atanga icyizere n’ihumure ku bantu bibaza niba koko ayo mafaranga azakora ibikorwa bigenewe abaturage.

    Yagize ati “Reka mbahumurize nk’intumwa yanyu, baturage ba Gisagara, amafaranga mushyira muri iki kigega azabafasha mu bikorwa by’iterambere biri kubakorerwa, ibikorwa remezo n’imishinga itandukanye”

    Akarere ka Gisagara kiyemeje amafaranga agera kuri miliyoni magana abiri na mirongo itatu n’indwi n’ibihumbi Magana abiri na mirongo icyenda na birindwi magana inani na mirongo itatu n’icyenda(237.297.839) y’u Rwanda.

    Umuyobozi w’aka karere kandi yavuze ko kwihesha agaciro bidahagarara bityo n’umwaka uzakurikiraho hakaba hazashyirwaho gahunda nk’iyi.

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED