Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Sep 5th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda : Akarere ka Muhanga katengushywe n’abafatanyabikorwa ntikesa imihigo uko bikwiye

    Akarere ka Muhanga katengushywe n’abafatanyabikorwa ntikesa imihigo uko bikwiye

    Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwagaragarije abagatuye impamvu yatumye aka karere katesa imihigo uko byari biteganijwe.

    Aka karere kagize amanota 91% kaza ku mwanya wa 12 mu gihe akarere kabaye aka mbere ko kagize amanota 95 n’igice. Akarere ka Muhanga mu mihigo ishize kari kagize amanota 86.

    Nubwo amanota y’imihigo y’uyu mwaka yiyongereye, ntabwo kigeza kesa neza imihigo nk’uko kari kabihigiye imbere y’umukuru w’igihugu.

    Yvonne Mutakwasuku, umuyobozi w’aka karere avuga ko kimwe mu byatumye aka karere katesa imihigo uko bari babitegenije ngo harimo gutenguhwa n’abaterankunga.

    Mutakwasuku ati: “umuhigo wadutwaye amanota menshi ni stade ya Muhanga twagombaga kuba twarubatse ariko ntitwabikora kubera ko abafatanyabikorwa twagombaga kujyana muri iki gikorwa hari ibyo bagenzemo gahoro”.

    Kuri ubu iyi stade yatangiye kubakwa kuko ubu ikibuga cyayo kigomba kujyamo tapi kimaze gusizwa. Umuterankunga mukuru wayo akaba ari ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA.

    Ibindi Mutakwasuku yagaragaje byatumye iyi mihigo itagera ijana ku ijana ni ibiraro byagombaga kuba byarubatswe bikarangizanya n’uyu mwaka w’imihigo ariko ntibyarangira kubera imvura yaguye ari myinshi igahagarika imirimo.

    Ikindi yavuze ni kuri gahunda ya girinka; aho bagombaga guha abaturage inka 1002 ariko batanga  700 gusa. No mubwisungane mu kwivuza ngo bahaburiye amanota kuko bagarukiye kuri 87% mu gihe bari biyemeje kugera ku 100%.

    Aha umuyobozi w’intara y’amajyepfo, aka karere kabarizwamo, akaba ari nawe wa mbere ukurikirana uko gakora, asanga amanota aka karere kagize atari mabi nubwo ngo gakwiye kongeraho kakaza mu myanya y’imbere.

    Alphonse Munyantwali, umuyobozi w’intara y’amajyepfo agira ati: “umunyeshuru wagize amanota 91% ntaba ari umuswa nubwo twifuza ko ubutaha yakwiyongera aka karere nako kakaza mu myanya ya mbere mu gihugu”

    Akarere ka Muhanga gaherutse kuza mu turere twa mbere mu gihugu dukennye kurusha utundi, ibi bikaba biterwa ahanini n’imitere mibi yako ituma igice kinini cy’abagatuye batura nabi. Ikindi cyagaragajwe gitera ubu bukene ni igice kinini cy’ubutaka, giherereye mu gace ka Ndiza, kitarumbuka.

      

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED