Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Sep 6th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Huye: abafatanyabikorwa batangiye imurika ry’ibikorwa byabo

    abafatanyabikorwa batangiye imurika ry’ibikorwa byabo

    Kuri uyu wa 5 Nzeri,2012 abafatanyabikorwa bo mu Karere ka Huye batangiye imurikabikorwa ry’iminsi itatu, bagamije kwereka abanyehuye ibikorwa byabo.

    Mu ijambo rifungura iri murika, umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, yashimiye abafatanyabikorwa kwiyemeza kugaragaza ibyo bakora, aboneraho no kubashimira uruhare bagize mu gutuma akarere kagira ibikorwa bifatika ku buryo byagahesheje amanota meza mu ruhando rw’utundi turere, ndetse n’ibigo bikorera mu Rwanda.

    Uyu muyobozi yagize ati “Hashize amezi agera kuri atanu Akarere kacu kegukanye igikombe ku rwego rw’igihugu cy’ubufatanye hagati y’abikorera. Nta mezi atandatu ashize Akarere kacu ka Huye kabaye aka 5 mu bigo 135 bya Leta mu gutanga amasoko neza. Ni ko Karere kaje ku isonga ry’utundi.“

    Yunzemo agira ati “Mu minsi yashize, Akarere kacu kabaye aka 4 mu kwesa imihigo. Ibi na byo mwabidufashijemo. Ejobundi ku itariki ya mbere uruhare rwanyu rwongeye kugaragara mutanga miriyari na miriyoni 198  mu kigega Agaciro Development Fund. Ibyo tubikesha imikoranire myiza n’abafatanyabikorwa.”

    Izabiriza Jeanne, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’amajyepfo na we wari witabiriye gufungura ku mugaragaro iri murikabikorwa, na we yashimye iki gikorwa cy’abafatanyabikorwa maze yungamo agira ati “ku itariki ya 23 Kanama umukuru w’igihugu cyacu yatangije ikigega Agaciro Development Fund, haboneka miriyari n’ibihumbi 200. Ku itariki ya 1 Nzeri, i Huye namwe mukusanya agera kuri miriyari. Icyo tuzi ni uko nta wuzabarusha. Mwabikoranye umutima mwiza. Mukomeze mushyire hamwe, aho mushaka kugera hose muzahagera.”

    Abaturage bari baje kureba iri murika na bo byarabashimishije kuko hari ibyo bungukiyemo. Uwitwa Karekezi Olivier yagize ati “ubusanzwe njye ndi umuhinzi, natangajwe no kubona igiti cy’umwumbati cyezeho imyumbati ipima ibiro 90. Bandangiye aho nakura imbuto ya bene iyo myumbati. Nzajya kuyishaka nanjye nyihinge.”

    Abafatanyabikorwa bakorera mu Karere ka Huye bazwi bagera kuri 90, ariko abitabiriye imurikabikorwa bagera muri 40. Ababonye imurika riheruka muri 2010 bavuga ko iry’uyu munsi ari ryo ryitabiriwe cyane kandi ryari rishyushye.

       

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED