Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Sep 6th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda : Intego y’akarere ka Kayonza ni ukuva ku mwanya wa 18 kakagera ku mwanya wa mbere

    Intego y’akarere ka Kayonza ni ukuva ku mwanya wa 18 kakagera ku mwanya wa mbere

    Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza buratangaza ko bufite intego yo kuva ku mwanya wa 18 ako karere kagize mu kwesa imihigo ya 2011/2012 kakagera ku mwanya wa mbere. Umuyobozi w’ako karere, John Mugabo avuga ko abayobozi n’abaturage bafatanyije bagakora nk’ikipe imwe babigeraho.

    Mu mwaka wa 2010/2011, ako karere kari aka 28, nyuma y’umwaka umwe gusa kaza imbere imyanya icumi. Ibi ngo bitanga icyizere ko no kugera ku mwanya wa mbere bishoboka nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’ako karere.

    Agira ati “Ubu turi ku mwanya wa 18, turashaka gusiba umunani uri inyuma tugasigarana rimwe, ari wo mwanya wa mbere”

    Umuyobozi w’ako karere arasaba inzego zose zifatanya n’ubuyobozi bw’akarere gufatanya muri byose kugira ngo iyo ntego bazabashe kuyigeraho. Ubwo akarere ka Kayonza kakoraga inteko rusange y’akarere tariki 04/09/2012, abayobozi b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’umudugudu bashimangiye ko bishoboka cyane kuza ku mwanya wambere mu mwaka wa 2012/2013.

    Minisitiri w’urubyiruko, ikoranabuhanga, isakazabumenyi n’itumanaho, Jean Philbert Nsengimana ushinzwe akarere ka Kayonza muri guverinoma, avuga ko azakora ibishoboka kugira ngo intego y’akarere ashinzwe igerweho.

    Ati “Nk’uko dusanzwe dukorana, nzakora ibishoboka byose kugira ngo akarere kacu kaze ku isonga. Dufite umwanya wa 18, nibiba ngombwa tuzatumiza abantu bose basiga amarange baze badufashe kuyasiga kuri uwo munani tuwusibe, dusigarane umwanya wa mbere”

    Abakurikiranira hafi akarere ka Kayonza bavuga ko kari gukataza mu iterambere ugereranyije no mu myaka yashize. Kuri ubu harubakwa amazu agezweho yakira abagenzi, amahoteri agezweho ndetse n’inganda, ibyo ngo bikaba bitanga icyizere ko iyo ntego bishoboka kuzayigeraho.

       

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED