Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Sep 8th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Rwanda : Umuyobozi uha serivisi nziza abaturage atuma barushaho gukunda igihugu cyabo

    Umuyobozi uha serivisi nziza abaturageGuverineri w’intara y’amajyaruguru arasaba abayobozi batandukanye bo muri iyo ntara guha serivisi nziza abaturage bayobora kuko ari uburenganzira bwabo bw’ibanze kandi bikagaragaza imiyoborere myiza iha agaciro umuturage.

    Ubwo yatangaziga ikigega Agaciro Development Fund mu karere ka Burera tariki ya 07/09/2012, Bosenibamwe Aimé yavuze ko guha serivisi nziza abaturage aribyo shingiro rya byose.

    Akomeza avuga ko iyo abaturage bahawe serivisi nziza bituma barusha ho gukunda igihugu cyabo bityo bagafatanya n’abayobozi kucyubaka. Igiharanirwa ubu ndetse no mu bihe bizaza ni ukubaka ubumwe bw’abanyarwana kandi bakabona leta mo ibisubizo nk’uko abivuga.

    Yongera ho ko imyitwarire y’ubuyobozi ku rwego runaka igomba kuba igaragaza indangagaciro za leta. Ibyo umuturage akorewe n’umuyobozi akabibona mo leta y’u Rwanda bityo agakunda igihugu cye kuko ayobowe neza. Abayobozi bakora ibitandukanye n’ibyo baba bavangira leta.

    Agira ati “abayobozi n’abakozi badindiza abaturage, umuturage ugize ikibazo kikamara imyaka n’imyaka kitarakemuka kandi abantu bafite ubushobozi bwo kugikemura, abayobozi nk’abongabo baba bavangira, baba batobera leta”.

    Yongera ho ko gutinda guha serivisi umuturage kandi yagombaga kuyihabwa byihuse ntaho bitaniye no kumwaka ruswa. Guverineri Bosenibamwe avuga ko kandi abayobozi baha serivisi mbi abo bayobora, bataba bari kubaka mu baturage umuco wo gukunda igihugu.

    Agira ati “…iyo umuturage atotejwe, iyo yimwe serivisi afite ho uburenganzira, gukunda igihugu bigenza bigabanuka. Ariko uko tugenda dufata abaturage bacu gukunda igihugu bizajya byiyongera bitewe n’uko tubayoboye”.

    Umuturage ni izingiro ry’iterambere

    Guverineri w’intara y’amajyaruguru avuga ko muri iki gihe hari aho usanga mu buyobozi bw’inzego z’ibanze umuturage ajya gusinyisha icyambwa runaka, umuyobozi mbere yo kugisinya akabanza kureba niba umuturage yaratanze mitiweli.

    Cyangwa se akareba niba yaratanze umusanzu wo kubaka amashuri y’imyaka 12 n’ibindi, yasanga atabyujuje agasinya icyo cyangombwa ari uko uwo muturage abanje kwishyura ibyo asabwa.

    Guverineri Bosenibamwe avuga ko abayobozi nk’abo bima abaturage serivisi bafite ho uburenganzira, abayobozi bikanyiza, biremereza, bigira ibihangange, abayobozi bafata ibyemezo bihubutse batajyanye n’igihe u Rwanda rugeze mo nk’uko abishimangira.

    Akomeza asaba abayobozi ko muri uko guha serivisi nziza umuturage, umuyobozi agomba kubona uwo muturage nk’izingiro ry’iterambere bityo uwo muturage akubahwa. Umuyobozi akabona umuturage nka shebuja, kandi akamenya kwitwara neza kubo ayobora.

    Mu gihe umuyobozi afite abaturage bamukunze, ba muri inyuma nibwo aba afite imbaraga. Iyo abaturage batamwibona mo ntabwo bamwubaha bityo bakamuhima nk’uko Guverineri Bosenibamwe abyemeza.

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED