Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Sep 17th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda : Hari byinshi byakorwa kugira ngo ibiyobyabwenge bigabanuke cyangwa bicike

     Neighbours-eye-programme

    Igihe hatangizwaga gahunda “ijisho ry’umuturanyi i Huye”, bamwe mu bari bitabiriye iki gikorwa batanze ibitekerezo, ku buryo batekereza ko uwabigenderaho yatuma umubare w’abanywa ibiyobyabwenge ugabanuka ku buryo bugaragara.

    Umwe mu bari mu nama yagize ati “abashinzwe umutekano bagerageza guca ibiyobyabwenge ariko bikanga. Ibi biterwa n’uko ababikora, babisakaza cyangwa babicuruza ari abantu batinywa ku buryo abantu batinya kuvuga ko babifite, cyangwa kujya kubisaka iwabo. Umuti waba ko abantu bari mu nama, urugero nka nyuma y’umuganda, basabwa gutora mu ibanga uwo baziho ibiyobyabwenge. Uwavugwa mu ruhame ntiyasubira”.

    Kubera ko byagaragaye ko abana bagwa mu kunywa ibiyobyabwenge ahanini ari abiga bataha iwabo, ku buryo ibibarangaza bahurira na byo mu nzira bataha, abari mu nama basabye ko ababyeyi bongera igitsure ku bana babo.

    Umubyeyi umwe yabivuze muri aya magambo “ababyeyi bahugiye mu mirimo no mu mashuri ku buryo batakibona umwanya wo kwita ku bana babo. Birakwiye ko bibuka ko no kurera ari inshingano zabo. Ntibagaharire abarimu umurimo wo kurera abana babo kuko ari bo uburere bw’abana babo bureba mbere y’abandi bose.”

    Ku birebana n’uburere bw’urubyiruko, undi yagize ati “Leta nishore imari mu mikino, urubyiruko ruyihugire mo. Bizatuma batongera kubona umwanya wo kujya mu biyobyabwenge.” Nyir’iki gitekerezo yakomeje agira ati “ndabyita gushora imari kuko abana nibitabira imikino cyane hazaboneka amakipe akomeye maze n’igihugu kizabonereho kugira abakinnyi babigize umwuga.”

    Na none kandi, ngo byari bikwiye ko buri kigo cy’ishuri kigira umuntu wize ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe (psychologie clinique) ku buryo yajya agira inama abana : yarinda abashoboraga kugwa mu biyobyabwenge, yewe akanafasha abamaze kubigwamo kubivamo.  Abize bene aya masomo ni benshi kandi kugeza ubu abeshi muri bo ni abashomeri.

    Undi na we yagize ati “nihashyirwe imbaraga nyinshi mu kwigisha abantu ububi bw’ibiyobyabwenge aho gukurikirana ababicuruza gusa. N’ubwo hari abantu banywa itabi, nta wabura kuvuga ko umubare wabo ugenda ugabanuka bitewe n’inyigisho zo kwerekana ububi bwaryo.”

    Mu biyobyabwenge biboneka mu Karere ka Huye harimo inzoga z’inkorano, urumogi n’icyatsi bita rwiziringa. Iki cyatsi kandi kimera hirya no hino mi gihugu. Umwe mu bari mu nama ati “kuki hatabaho gahunda yo kurandura iki cyatsi aho kiri hose, ku buryo abagikoresha batapfa kongera kukibona?”

    Ibyo ari byo byose, ibi bitekerezo byitaweho, aho kimwe cyanze hakifashishwa ikindi, cyangwa haganashaka undi muti ufitanye isano n’iyi, hari igihe ibiyobyabwenge byarekera aho kuba ikibazo cyugarije igihugu cyacu.

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED