Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Sep 19th, 2012
    Ibikorwa | By grace

    Rwanda | Ngoma: Ministeri y’ umutekano yatanze telephone 70 zo gufasha mu gutanga amakuru y’ umutekano

    Ministeri y’ umutekano yatanze telephone 70 zo gufasha mu gutanga amakuru y’ umutekano

    Akarere ka Ngoma kashyikirijwe telephone 70 zigendanwa na mimisteri y’ umutekano mu gihugu(MINITER),zizahabwa abayobozi mu nzego z’ibanze mu gufasha mu itanga ry’amakuru y’umutekano.

     

    Umuhango wo gushyikiriza izi telephone wabereye ku biro by’ akarere kuri uyu wa17/09/2012.

     

    Mu ijambo rye Supt Azarias Uwimana ushinzwe agashami k’ umutekano muri  MININTER (director security analysis unity),ubwo yashyikirizaga izi telephone ubuyobozi bw’ akarere ka Ngoma yavuze ko zitanzwe ngo zifashe mu kwihutisha amakuru.

     

    Supt Azaris yavuze ko telephone zitanzwe zigiye gukemura ikibazo cy’ ibyaha byabaga mu midugudu ntibimenyekane cyangwa byanamenyekana bikaba bitinze kuburyo hari n’ igihe ibimenyetso biba byasibanganye.

     

    Yagize ati”Igihe tugezemo biragaragara ko abanyabyaha bifashihsa ikoranabuhanga ngo ribafashe gukora ibyaha vuba kandi bitanamenyekanye,niyo mpamvu natwe tugomba gukoresha iri koranabuhanga ngo tubahashye. Amakuru agomba gutangirwa kugihe kugirango niba hari ubutabazi bukwiye buhite bukorwa.”

     

    Nkuko byagarutsweho n’ abari bitabiriye uyu muhango barimo abanyamabanga nshingwabikorwa,bavuze ko hari igihe amakuru amenyekana akererewe bitewe wenda nuko hari inzego z’ibanze zabaga zidafite ubushobozi bwo kuyihutisha n’ ikoranabuhanga.

     

    Izi telephone zikaba zizahabwa abashinzwe urwego rwa community policing mu midugudu rushinzwe gutanga amakuru.

     

    Umuyobozi w’akarere ka Ngoma Aphrodise Nambaje yashimiye MININTER kuri icyo gikorwa yatekereje kandi avuga ko yizeye ko izo telephone zizatanga umusaruro mu gutanga amakuru agamije gukumira ndetse no guhashya ibyaha bikorwa hirya no hino mu karere.

     

    Muri uyu muhango wo gushyikiriza telephone akarere,Supt Azarias yanaboneyeho umwanya wo gutanga ikiganiro cyo gukangurira abantu batunze intwaro ku buryo bunyuranije n’ amategeko kuzitanga.

    Nkuko byagaragaye ngo haracyari abantu batunze intwaro ku buryo butemewe kuko hari aho zijya zitoragurwa nkuko byagaragaye muri umwe mu mirenge y’ aka karere muri uku kwezi.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED