Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Sep 19th, 2012
    Ibikorwa | By grace

    Rwanda | Huye: Batangije gahunda Ijisho ry’umuturanyi

    HuyeDist

    Kuri uyu wa 13 Nzeri,2012 Akarere ka Huye katangije gahunda Ijisho ry’umuturanyi, gashyiraho komite ku rwego rw’Akarere zizafasha mu kurandura ibiyobyabwenge, ari na yo nshingano y’iyi gahunda.

    Mbere yo gushyiraho iyi Komite, madamu Mukagahima Speciose, umwe muri barindwi bagize komite y’ijisho ry’umuturanyi ku rwego rw’igihugu, yasobanuye ko impamvu iyi gahunda yashyizweho ari ukubera uburyo ikibazo cy’ibiyobyabwenge giteye inkeke mu gihugu.

    Yagize ati “mu bushakashatsi bwakozwe, hagaragajwe ko 1 kuri 15 mu rubyiruko baba bakoresha ibiyobyabwenge. Ibi byatumye hashakwa ingamba zafatwa mu gutuma bicika, maze hatangizwa iyi gahunda ijisho ry’umuturanyi”.

    Icyifuzwa muri iyi gahunda, ni uko abantu bose bafatanya mu kwerekana abakora, abakwirakwiza, abacuruza n’abanywa ibiyobyabwenge, bakagirwa inama yo kubireka maze abananiranye bakerekanwa kugira ngo bafatirwe ingamba.

    Biteganyijwe kandi ko ibizaba byagezweho muri iyi gahunda bizareberwa hamwe mu kwezi kw’Ukuboza, hanyuma hagafatwa ingamba ku byakorwa kugira ngo ibiyobyabwenge bicibwe burundu. Zimwe muri izi ngamba zizaba izo gushakira abakoraga ibiyobyabwenge ibindi bakora bibabyarira inyungu, gushyiraho ibigo bigira inama urubyiruko, n’ibindi.

    Nta wabura kuvuga ko iyi gahunda ije yari ikenewe mu Karere ka Huye kuko ngo byagaragaye ko 65% by’ibyaha bihaboneka akenshi bikorwa n’urubyiruko ruba rwanyoye ibiyobyabwenge. Muri ibyo byaha harimo gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa ryo mu ngo, gufata abana ku ngufu, …

    Uretse iyi komite ku rwego rw’Akarere yashyizweho uyu munsi, biteganyijwe ko hazashyirwaho  n’izo ku nzego z’imirenge, utugari n’imidugudu, zose zigizwe n’abantu barindwi barindwi, ku buryo mu mpera z’uku kwezi kwa Nzeri izi komite zose zizaba zamaze kujyaho. Hazaba hasigaye ko zikora akazi zisabwa ku buryo zizagaragaza ibyo zagezeho mu mpera z’uyu mwaka.

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED