Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Sep 19th, 2012
    Ibikorwa | By grace

    Rwanda | Nyamasheke: Midimar igiye gufatanya na Croix Rouge mu gutabara abahuye n’ibiza.

    Midimar igiye

    Mu rwego rwo kwihutisha serivisi z’ubutabazi bw’ibanze ku baturage mu gihe habaye Ibiza hirya no hino mu gihugu, minisiteri ishinzwe gucunga Ibiza n’impunzi (MIDIMAR) igiye gukorana n’abakorerabushake b’umuryango utabara imbababare wa Croix Rouge bo mu mirenge, ngo kuko na mbere basanzwe bafite inshingano zo gutabara.

    Nk’uko bitangazwa na Budederi Eric, umukozi ushinzwe imicungire y’ibiza muri MIDIMAR, ngo mu gihe habaga ibiza ubutabazi bwashoboraga kugera ku baturage bwatinze ariko ubu amatsinda y’abakorerabushake ba Croix Rouge yo hirya no hino mu mirenge azajya ahita atabara mu maguru mashya, anatange amakuru ku nzego zitandukanye hanyuma MIDIMAR ize yitwaje ibikenewe mu butabazi bwisumbuyeho mu gihe ari ngombwa.

    Aya matsinda y’abakorerabushake ba Croix Rouge yari asanzwe ariho mu mirenge, Midimar ikaba izayaha amahugurwa kugira ngo babashe kugira ubumenyi buhagije ku butabazi bw’ibanze ahantu hagwiriwe n’ibiza, ndetse n’uko bagomba gutanga amakuru yatuma Midimar ifata umwanzuro wo kuzana ubutabazi runaka.

    Nyuma yo guhugurwa kandi midimar ngo izanashyira mu turere ibikoresho bizifashishwa mu butabazi bw’ibanze n’aba bakorerabushake.

    Ku ruhande rw’aba bakorerabushake ba Croix Rouge, bavuze ko n’ubusanzwe ubutabazi bwari buri mu nshingano zabo kandi bakorera ubushake, bityo bakaba bijeje Midimar ko bazafatanya mu gutabara mu gihe habaye ibiza nk’uko byatangwajwe na Karemera Pierre, umwe muri abo bakorerabushake.

    Yongeyeho ko basanzwe bafite amahugurwa ku butabazi bw’ibanze bityo ayo bazahabwa akazaba ari ayo kunononsora.

    Midimar yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Croix Rouge ikaba yari yaje guhura n’aba bakorerabushake ku nshuro ya mbere ngo babagezeho gahunda bafite yo gukorana nayo, bakaba bazagenerwa amahugurwa mu minsi iri imbere.

    Iyi gahunda yari isanzwe ikoreshwa mu turere dukunze kwibasirwa n’ibiza aritwo twa Nyabihu, Rubavu, Burera na Musanze, ubu ikaba igiye no gukoreshwa mu tundi turere dusigaye.

     

     

    .

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED