Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Oct 25th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Rusizi& RD congo: Ifungwa ry’Umupaka rizagira ingaruka ku mpande zombi

    Rwanda | Rwanda MapIbi ni ibitangazwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Bwana Nzeyimana Oscar, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku gica munsi cyo kuri uyu kabiri, tariki ya 23 Ukwakira 2012.

    Nkuko yabisobanuye, yavuze ko icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza RD congo n’u Rwanda kuva ku masaha ya saa 18h00 kugera saa 06h00; ngo  bacyumvishe nk’abandi bose kuko yaba ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’amajyepfo ndetse n’ubw’umujyi wa Bukavu, ntacyo bigeze bamutangariza kabone n’ubwo bari basanzwe bahana hana amakuru kuri gahunda zinyuranye mu mijyi yombi.

    Icyakora ngo ntabwo ari ubuyobozi ku ruhande rw’u Rwanda bwatunguwe n’iki cyemezo kuko n’abanyekongo ubwabo  by’umwihariko abatuye umujyi wa Bukavu ngo byarabatunguye ndetse abo twavuganye batubwiye ko kuva icyo cyemezo gitangira gushyirwa mubikorwa ngo byatangiye kubagiraho ingaruka zinyuranye.

    Bamwe mu bo twavuganye barimo Mama Lupia, na Murhabazi, batubwiye ko bari bamaze kumenyera gukora imirimo yabo mu Rwanda bisanzuye, ariko ngo bamwe ntibazongera gukora nkuko byari bisanzwe kubera igihe gito.

    Umunyarwanda witwa Musema twaganiriye ari ku mupaka wa  Rusizi, yatubwiye ko nubwo abayobozi ba Congo bafashe icyemezo cyo gufunga umupaka amasaha ya nimugoroba ngo asanga atari wo muti w’umutekano muke uvugwa muri icyo gihugu, ngo ahubwo bari bakwiye kwicarana n’abayobozi b’imitwe irwanya Leta, bakumvikana uko intambara zashojwe nayo zahoshwa mu mahoro.

    Kuri iki kibazo, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Bwana Nzeyimana Oscar, avuga ko mu kiganiro yaraye agiranye n’Umuyobozi w’umujyi wa Bukavu Bwana Philemon Yogorero Mutumbo, ngo yamubwiye ko iki cyemezo cyaturutse mu nzego nkuru z’igihugu cya Congo, kandi basabwa kugishyira  mu bikorwa vuba.

    Ubwo iki cyemezo cyatangiraga gushyirwa mu bikorwa,  ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 22/10/2012, abanyekongo basanga 150 bari bangiwe kwambuka umupaka wa Congo, kuko isaha ya saa 18h00 yageze bakiri mu Rwanda, ndetse n’abanyarwanda bagera 200, bakaba bari bafungiraniwe ku mupaka wa Congo kuko iyo saha yageze bataragaruka mu Rwanda.

    Aha akaba ariho, Mayor wa Rusizi Nzeyimana Oscar ahera asaba abatuye Akarere ka Rusizi bafite imirimo bakorera  i Bukavu, kujya bubahiriza ibyemezo byafashwe na Leta ya Congo  kandi ugize ikibazo akiyambaza inzego zibishinzwe kugirango zimufase.

      

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED