Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Nov 5th, 2012
    Ibikorwa | By claudine

    Rwanda | Nyamagabe: Amarondo akozwe neza yaba igisubizo ku bihungabanya umutekano.

    Bamwe mu bakozi

    Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamagabe yateranye kuri uyu wa mbere tariki ya 05/11/2012, abayigize batangaje ko muri rusange muri uku kwezi kwa cumi umutekano wari wifashe neza n’ubwo hatabuze ibikorwa bimwe na bimwe biwuhungabanya.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe Mugisha Philbert yatangaje ko mu byaje ku isonga mu guhungabanya umutekano harimo gukubita no gukomeretsa ahanini bishingiye ku businzi ndetse n’amakimbirane ashingiye ku butaka mu mirenge imwe n’imwe ituriye pariki y’igihugu ya Nyungwe.

    Umuyobozi w’akarere yakomeje atangaza ko muri iyi nama bafashe umwanzuro wo gukaza ingamba kugira ngo utubari twubahirize amasaha yo gukora mu rwego rwo guca ubusinzi mu baturage, ndetse bakanarushaho kwigisha abaturage ku birebana n’amasambu ndetse bakanakurikirana uko imanza zirebana nayo zirangizwa kugira ngo urugomo ruziturukaho ruhagarikwe.

    Mu  bikorwa byagaragaye bihungabanya umutekano harimo gukubita no gukomeretsa, Kwiyahura, Kwangiza ibidukikije, Impanuka, ubujura, gukoresha ibiyobyabwenge, urugomo, Ibiza byatejwe n’imvura idasanzwe, gutoragura imbunda n’ibindi.

    Abagize iyi nama y’umutekano yaguye kandi batangaje ko ibyaha byinshi bikunze kugaragara muri aka karere byashobora gukumirwa cyane cyane binyuze mu marondo. Amarondo aramutse akozwe neza ngo ubujura ndetse n’urugomo bigaragara ntibyazongera kubaho, bityo inzego zose zikaba zasabwe gushyiramo ingufu ngo amarondo akorwe akumire ibyaha.

    Basabwe kandi gushishikarira ibikorwa byo gukumira no gucunga Ibiza, ndetse bakajya banatanga amakuru bakanatabara mu gihe hari aho byagaragaye.

    Iyi nama yanashimye uburyo imyanzuro y’inama y’umutekano yaguye iherutse kuba yashyizwe mu bikorwa, inashima intambwe igezweho mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwifuza no kubaka Amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.

       

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED