Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Nov 7th, 2012
    featured1 / Ibikorwa | By gahiji

    Akarere ka Nyamasheke karizera ko kazongera kwitwara neza mu marushanwa y’imiyoborere myiza

    Akarere ka NyamashekeUbuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buratangaza ko bwizera kuzongera kwitwara neza mu marushanwa y’imiyoborere myiza kuko ngo ako karere kahagurukiye gutanga serivise nziza uko bishoboka. Ibi byatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 5 Ugushyingo, 2012 nyuma y’uko aka karere kari kamaze gukorerwa isuzuma ry’imiyoborere myiza n’Urwego rw’Umuvunyi.

    Iri suzuma ryatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, mu karere ka Nyamasheke, aho Umukozi w’Urwego rw’Umuvunyi ushinzwe kurwanya ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo, Kalisa Swaibu yasuzumaga ibibazo bibazwa kuri serivisi zitandukanye zitangirwa mu karere. Ubuyobozi bw’akarere n’amashami hafi  ya yose ya serivise zitangirwa mu karere ka Nyamasheke yanyuraga imbere y’uyu mukozi kugira ngo asubize ibibazo byari biteganyijwe, ahanini harebwa ko uburenganzira amategeko agenera umuturage bwubahirizwa n’inzego z’ubuyobozi ndetse n’icyo ubuyobozi bw’akarere bukora kugira ngo umuturage agerweho na serivise agenerwa n’amategeko hatabayeho akarengane cyangwa ruswa.

    Mu minsi ibiri igenerwa isuzuma mu karere, Kalisa Swaibu yatangaje ko bayigenzuramo ko ibyo ubuyobozi buba butangaza mu nyandiko ko bukora niba koko bihuye n’ukuri kw’ibikorwa.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko ibyo Urwego rw’Umuvunyi rusuzuma ari ibisanzwe mu nshingano z’abayobozi n’abakozi b’akarere ka Nyamasheke kandi ngo ikigenderewe ari uguha serivisi nziza umuturage, kandi ngo bakaba basanzwe babiharanira. Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Madame Gatete Catherine atangaza ko buri suzuma rikorerwa muri ako karere riba ari nk’isomo ku buryo rituma hari byinshi byiza bongera mu mikorere yabo. Uyu muyobozi atangaza ko aho akarere ka Nyamasheke gahagaze ari heza ariko ngo bakaba bakora ibishoboka kugira ngo bagere aheza kurushaho.

    Mu isuzuma ry’umwaka ushize, akarere ka Nyamasheke kegukanye umwanya wa kabiri muri iri rushanwa ry’imiyoborere myiza ritegurwa n’Urwego rw’Umuvunyi hagamijwe kureba uburyo inzego z’ubuyobozi ziha abaturage serivise ziri mu burenganzira bwabo ndetse no kureba uburyo izo nzego zirwanya akarengane na ruswa mu baturage.

    Ubuyobozi bw’aka karere butangaza ko nyuma y’uko kaje ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’Igihugu mu mwaka ushize, hari byinshi byiza bagezeho, ariko bukemera ko mu marushanwa y’uyu mwaka bizakemukira ku manota y’uturere twose uko ari 30.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED