Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Nov 17th, 2012
    Ibikorwa | By claudine

    Rwanda | Gasaka: Urubyiruko rwahawe Amahugurwa ku kazi kanoze

    Gasaka Urubyiruko rwahawe Amahugurwa

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13/11/2012, Urubyiruko rusaga 350 rwo mu mirenge ya Gasaka, Kibirizi, Tare na Kamegeri rwasoje icyiciro cya mbere cy’amahugurwa rwari rumazemo iminsi igera kuri 25 kubufatanye na IPFG, Cooperative Umutanguha, EDC Akazi Kanoze na USAID.

    Uru rubyiruko rwahuguwe mu masomo akubiye mu byiciro umunani harimo kongera ubumenyi, Kuganira n’abandi, Imico n’imyifatire mu kazi, Ubuyobozi, Umutekano n’ubuzima buzira umuze mu kazi, Uburenganzira, inshingano by’umukozi n’umukoresha, Guhagarara neza kubyerekeye amafaranga n’Uburyo bunyuranye bw’imicururize.

    Rwabonye kandi amasomo mu bijyanye no kwirinda icyorezo cya SIDA no kurwanya no kwirinda ibiyobyabwenge.

    Nyuma y’aya masomo urubyiruko rwakurikiranye aya mahugurwa ruzahabwa inyemezabumenyi ndetse bamwe muri bo bazafashwa mu bworozi bw’amatungo magufi; kwiga imyuga iciriritse n’ibindi.

    Mu byo bitangariza harimo kandi ko aya mahugurwa azabafasha mu kwiteza imbere ndetse no gushyira mu bikorwa gahunda za Minisiteri y’Urubyiruko (gahunda y’Agaciro kanjye) nk’uko babisabwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi (MYICT) ubwo yabasuraga aho bari mu mahugurwa kuwa 01/11/2012, bakaba biteguye gutangirira kuri ducye bakagenda bazamuka ndetse na gahunda yo kwiharika mu Rubyiruko bakaba bariyemeje kuyigira iyabo.

    Mu zindi gahunda biteguye gushyigikira harimo gahunda yo kuremera Urubyiruko; gutangiza koperative imwe muri buri kagari ndetse no kwitabira gahunda ya MYICT ya YEGO (Youth, Employment for Global Opportunities).
    Icyiciro cya kabiri cy’aya mahugurwa kizakomeza guhera taliki ya 19/11/2012 mu Murenge wa Cyanika na Kitabi ahazahugurwa Urubyiruko rusaga 100 mu gihe cy’iminsi 25 nk’uko amakuru aturuka ku mukozi ushinzwe urubyiruko, umuco na siporo mu karere ka Nyamagabe NKURUNZIZA Jean Damascène
    abivuga.

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED