Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Dec 6th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Rwanda | Burera: Ubuyobozi buhamya ko ikiyobyabwenge cya kanyanga cyagabanutse

    Burera Ubuyobozi buhamya ko ikiyobyabwenge

    Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko ikiyobyabwenge cya kanyanga cyagabanutse muri ako karere ugereranyije no mu bihe byashize kubera ingamba zitandukanye zashyizwe ho zo kukirwanya.

    Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Burera yabaye tariki ya 04/12/2012, hagaragajwe ko kanyanga, ituruka muri Uganda, ariyo iza ku isonga mu guhungabanya umutekano.

    Sembagare Samuel umuyobozi w’akarere ka Burera yavuze ko n’ubwo kanyanga ariyo iza ku isonga mu guhungabanya umutekano bitakiri nka mbere kuko inzego z’umutekano ndetse n’abaturage ubwabo bakajije umutekano kuburyo nta bantu benshi bagifatwa bikoreye kanyanga.

    Agira ati “…iyo tugereranyije n’ubukana cyari gifite (kanyanga) ubu cyaragabanutse cyane. Ubu nkubwira hari imirenge udashobora kubona mo kanyanga n’imwe…ni hamwe hamwe kandi ni muducupa dutoya ntibikiza nk’amajerekani”.

    Akomeza avuga ko kuba icyo kiyobyabwenge kiri guhashywa ari ubufatanye bw’abanyaburera n’inzego z’ubuyobozi zitandukanye haniyobongereye ho n’Abihayimana.

    Kumenera mu ruhame kanyanga, yambuwe abayicuruza, biri muri zimwe mu ngamba zafashwe n’akarere ka Burera mu rwego rwo kwereka baturage ububi bw’icyo kiyobyabwenge. Kuri ibyo kandi hiyongera ho no gucira urubanza mu ruhame abashinjwa gucuruza kanyanga.

    Mu karere ka Burera abasigaye banywa kanyanga cyangwa bayicuruza ni bake kuko n’abafashwe bashyirwa mu kigo ngororamuco kiri mu karere ka Burera. Aho bigishwa igihe kigera ku cyumweru ubundi bagataha batakifuza iyo kanyanga nk’uko Sembagare abihamya.

    Akomeza avuga ko kurwanya kanyanga bizatuma abanyaburera batekana kuko ariyo yatezaga umutekano muke.

    Abaturage bayinywaga bakagirana amakimbirane kuburyo banicanaga, ndetse ugasanga mu miryango imwe n’imwe hari ubukene nk’uko Sembagare abihamya.

    Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera nabo bahamya ko kanyanga imaze kugabanuka. Ariko bongera ho ko yasimbuwe n’inzoga ya African Gin ikorerwa muri Uganda. Iyo nzoga yemewe gucuruzwa mu Rwanda. Nyamara ngo bamwe mu bacuruza n’abanywa kanyanga barajijisha bakayishyira mu macupa avamo African Gin.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwari bwasabye inzego zibishinzwe ko zakura imisoro kuri iyo nzoga maze igafatwa nk’ibindi biyobyabwenge bitemewe mu Rwanda.

    Mu nama y’umutekano hagaragajwe ko iyo nzoga itagitangira imisoro ku mupaka aho yinjirira ahubwo itangira imisoro i Kigali mu nzego zibishinzwe ubundi amacupa yayo agashyirwa ho ibyapa bigaragaza ko yasoze.

    Abayobozi bo muri Burera bakaba basabwe ahubwo kurwanya  African Gin itariho icyo cyapa.

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED