Subscribe by rss
    Saturday 27 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Dec 8th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Burera: Abarangije ayisumbuye bari mu itorero batezwe ho guhindura u Rwanda Paradizo

    Abarangije ayisumbuye bari mu itorero batezwe ho guhindura u Rwanda Paradizo

    Guverineri w’intara y’amajyaruguru arasaba Intore z’urubyiruko rw’abarangije amashuri yisumbuye guhorana umutima w’ishyaka no gukunda igihugu cy’u Rwanda bagakomeza kugihindura mo Paradizo kuko aribo bayobozi b’ejo hazaza.

    Tariki ya 06/12/2012 ubwo Bosenibamwe Aimé yatangizaga itorero ry’abarangije amashuri yisumbuye bo mu karere ka Burera bateraniye i Nkumba, yabwiye abari muri iryo torero ko u Rwanda rugeze kure rwihesha agaciro mu ruhando mpuzamahanga nyuma yo kuva mu bibazo bikomeye.

    Yakomeje ababwira ko igihe kigera ku byumweru bitatu bazamara muri iryo torero bagomba kuzahavana umutima wo kwitangira igihugu kugira ngo gikomeze gitere imbere kuko n’abakitangiye bakakigeza aho kigeze ubu bari urubyiruko nkabo.

    Guverineri Bosenibamwe yabwiye izo ntore ko ibibazo u Rwanda ruhura nabyo bagomba kwiga babizi kandi babifite mu mitima yabo kugira ngo bazabashe guhangana nabyo.

    Agira ati “Ibyo muziga byose biraganisha aho ngaho…gukunda igihugu, kucyitangira, kugihindura igihugu gikomeye cyane. Aho wajya hose ukumva ufite ishema nk’uko bimeze ubungubu”.

    Akomeza avuga ko ari ngombwa kubaka umuco wo gukunda igihugu mu rubyiruko rw’u Rwanda kugira ngo bazakomereze aho abayobozi b’iki gihe bazaba bageze mu guteza imbere u Rwanda.

    Guverineri w’intara y’amajyaruguru yongera ho ko Itorero ry’igihugu ryatangijwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame. Aho abanyarwanda bigiramo indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

    Ibyo byose byigirwa mu itorero bigamije kubaka umunyarwanda mushya ukomeye ku gihugu cye, watanga n’ubuzima bwe n’amaraso ye kubera igihugu cye nk’uko Guverineri w’intara y’amajyaruguru yabisobanuriye abanyeshuri bari mu itorero i Nkumba.

    Yakomeje ababwira ko bafite ubutumwa bukomeye bwo gukomeza guhindura u Rwanda mo paradizo. Abarangije amashuri yisumbuye bari muri iryo torero nabo bemeza ko biteguye gukorera u Rwanda mu buryo bushoboka.

    Akarere ka Burera gafite urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye ruri mu itorero rugera ku 1039. Bagabanyijwe mu ma site atatu. Barimo 464 bari i Nkumba, 322 bari muri TTC Kirambo na 253 bari muri E.S.Kirambo.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED