Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Dec 15th, 2012
    Ibikorwa | By claudine

    KARONGI : Abanyeshuli bari mu itorero barasanga ribafasha kuba umwe

    Abanyeshuli bari mu itorero barasanga ribafasha kuba umwe

    Yamfashije Phenias, Intore ya Bwishyura, Karongi ati na America

    yatejwe imbere nuko abaturage bayo babaye umwe

     

    Nyuma y’ibyumweru bibili n’iminsi itatu bamaze mu itorero ku ishuli rya TTC Rubengera mu karere ka Karongi, abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye barahamya ko ibyo bize mu itorero ari ingirakamaro ku buzima bw’igihugu bw’ejo hazaza.

    Yamfashije Phenias akuriye intore zo mu murenge wa Bwisbyura. Aremeza ko itorero ari isoko yo guhuriza hamwe nk’abanyarwanda bakarushaho kumenya ibibahuza bityo bakabyubakiraho igihugu kitajegajega nk’uko abisobanura muri aya magambo:

    Twabonye ko n’ibihugu byinshi nk’America kugira ngo kibe igihugu gikomeye ku isi, nuko leta nyinshi zihuje zikaba imwe, none ubu America irasa nk’aho ari yo iyoboye isi kubera ubufatanye hagati y’abaturage b’izo leta. Natwe rero nk’abanya-Rwanda twakuyemo isomo ryo kuba umwe hanyuma natwe tukaba kimwe mu bihugu biteye imbere kuri iyi si.

    Uwimbabazi Angelique, nawe arangije amashuli yisumbuye; ari kumwe na bagenzi be mu itorero ririmo kubera mu murenge wa Rubengera. Uwimbabazi we ngo kimwe mu by’ingenzi avanye mu itorero nuko hakiri abanya-Rwanda benshi batarumva akamaro ko gutanga serivisi nziza kandi neza. Bityo akaba asanga nk’intore afite umurimo ukomeye umutegereje. Arabisobanura agira ati:

    Twasobanuriwe ko gutanga serivisi nabi birimu bidindiza iterambere, bityo rero tugomba gushyiraho akacu mu guhindura imyumvire ituma abantu badatanga serivisi nziza, kandi tukanafasha mu kugaragaza ububi bwa ruswa kuko igira ingaruka mbi ari ku bayitanga ndetse n’abayakira.

    Itorero ry’abanyeshuli barangije umwaka wa gatandatu w’amashuli yisumbuye, mu karere ka Karongi rirabera ku ishuli nderabarezi rya TTC Rubengera. Rihuje abanyeshuli baturutse mu mirenge itandukanye y’akarere ka Karongi, aho barimo guhabwa amasomo y’umuco mboneragihugu n’izindi ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Biteganyijwe ko rizarangira tariki 16 Ukuboza 2012.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED