Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Dec 15th, 2012
    Ibikorwa | By claudine

    Gakenke: Iterambere ry’akarere rishingiye ku bufatanye hagati y’ubuyobozi n’imiryango ikorera mu karere

    Iterambere ry’akarere rishingiye ku bufatanye hagati y’ubuyobozi n’imiryango ikorera mu karere

    Murangwa Emmanuel, Umukozi w’Ishyirahamwe ry’Uturere (RALGA).

     Mu mahugurwa y’umunsi umwe,  kuri uyu wa kane tariki 13/12/2012, Murangwa Emmanuel, umukozi w’ishyirahamwe ry’uturere (RALGA) yibukije abagize komisiyo y’ubukungu mu ihuriro ry’iterambere ry’akarere (JADF) ko nta terambere akarere kageraho mu gihe ryahariwe ubuyobozi gusa.

    Murangwa asobanura ko ubushobozi buke bw’akarere budashobora guteza imbere akarere ku buryo bwihuse.

    Aha, atanga urugero ko amafaranga menshi ashyirwa mu ngengo y’imari akoreshwa mu guhemba abakozi no mu mirimo ya buri munsi y’akarere, amafaranga make agashyirwa mu bikorwa by’iterambere.

    Ngo hari amafaranga abarirwa mu mamiliyari akoreshwa n’imiryango itegamiye kuri Leta ikorera mu karere yakunganira akarere mu kugeza amashanyarazi, amazi meza, ibigo nderabuzima n’ibindi ku baturage, habayeho gukorera hamwe igenamigambi n’iyo miryango ikamenya imishinga yihutirwa (priorities).

    Murangwa asanga ubuyobozi bw’uturere bugifite inshingano zo kunonosora imikoranire yabo  n’imiryango n’abikorera, aho ikigaragara butabareshya kuza gukorera mu turere twabo ngo babereka imirimo yabyarira inyungu baramutse bayishoyemo imari.

    Muri ayo mahugurwa ku iterambere ry’akarere (Local Economic Development), umukozi wa RALGA ashimangira ko iterambere ry’akarere rishingiye  ku buyobozi bwiza, gufasha imishinga no gukora imishinga ifite abaturage akamaro.

    Abagize komisiyo y’ubukungu muri JADF batangaza ko bafite inshingano zo gufatanya n’ubuyobozi bw’akarere mu iterambere ryako kugira ngo rigerweho vuba.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED