Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Dec 15th, 2012
    Ibikorwa | By claudine

    Burera: Abarangije ayisumbuye bari mu itorero ngo biteguye guteza u Rwanda imbere

    Abarangije ayisumbuye bari mu itorero ngo biteguye guteza u Rwanda imbere

    Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye ruri mu itorero mu karere ka Burera ruratangaza ko iryo torero ryatumye bamenya amateka y’u Rwanda, n’uko ruhagaze bityo bakaba biteguye kurukorera batiganda kugira ngo baruteze imbere.

    Izo ntore ziri mu iterero zigishwa ibintu bitandukanye birimo indangagaciro ndetse na za kirazira z’umuco nyarwanda kuko arizo leta y’ubumwe bw’abanyarwanda ishingiye ho kugira ngo igere ku iterambere rirambye.

    Manishimwe Fraterne, umwe muri izo ntore, avuga ko muri iryo torero yabashije kwiga amateka ndetse na politiki by’u Rwanda. Ibyo byatumye abasha kumenya uko u Rwanda ruhagaze maze afata umwanzuro wo kuruteza imbere nk’uko abitangaza.

    Agira ati “ahangaha naje kumenya by’umwihariko kandi byimazeyo amateka y’iki gihugu ndetse na politiki yacyo, numva ko ibi bizampa icyerekezo cyo kumenya u Rwanda ruvuye he, rugeze hehe, nkamenya naho narwerekeza kugira ngo twiyubake, twiyubaka mo ikizere nk’abanyarwanda, tugomba kuba intangarugero ku isi yose”.

    Dusabimana Vestine we avuga ko itorero ari ngombwa mu buzima kuko abarijyamo bigira mo byinshi bituma bamenya uko u Rwanda ruhagaze. Ngo nava mu itorero akagera iwabo azashyira mu bikorwa ibyo nawe yigiyemo.

    Agira ati “nimva hano nk’intore igihugu tuzagiteza imbere tuzashyira mu bikorwa ibyo batwigishije kuko hariho na gahunda tuzakora mu mirenge ibyo byose tuzabikora dushishikaye kandi turwanya ubukene mu gihugu cyacu ndetse n’ubujiji”.

    Intore z’urubyiruko, rwo mu karere ka Burera, rurangije amashuri yisumbuye rwadutangarije ko itorero rifite akamaro kuko nk’urubyiruko iyo ruhuye rurasabana, rukagira “morale” bityo rukabona imbaraga zo kubaka u Rwanda.

    Tariki ya 06/12/2012, ubwo hatangizwaga itorero ry’abarangije ayisumbuye bo mu karere ka Burera, Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, yasabye abari mu itorero kurangwa n’ikimyabupfura n’imyitwarire myiza mu buzima bwabo bwose.

    Yakomeje abasaba kwirinda, irondakoko, irondakarere, kwitwara nabi kwishora mu busambanyi, mu biyobyabwenge ndetse n’izindi ngeso mbi.  Yakomeje ababwira ko nibahuza imyitwarire myiza n’ubumenyi bazaba bitegurira ejo hazaza habo heza.

    Akarere ka Burera gafite urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye ruri mu itorero rugera ku 1039. Biteganyijwe ko iryo torero rizasozwa ku wa mbere tariki ya 17/12/2102.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED