Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Dec 17th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Nyamagabe: Imitangire myiza ya serivisi ngo niyo shingiro ry’imiyoborere myiza -Perezida w’inama njyanama.

    Imitangire myiza ya serivisi ngo niyo shingiro ry’imiyoborere myiza -Perezida w’inama njyanama

    Inama isanzwe y’inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye kuri iki cyumweru tariki ya 16/12/2012, yagarutse ku kibazo cy’imitangire ya serivisi aho abatanga serivisi basabwa kwakira neza ababagana ndetse bakumva ko ari inshingano zabo, abagize inama njyanama bakaba bagejejweho ingamba zafashwe n’akarere mu rwego rwo kunoza imitangire ya serivisi.

    Muri izi ngamba harimo kumenyesha abasaba serivisi uburenganzira bwabo, ibisabwa ndetse n’igihe cya ngombwa kugira ngo umuntu usaba serivisi ayihabwe, akaba ari nayo mpamvu akarere kari gukora igenzura mu bigo bitandukanye byaba ibya leta n’ibyigenga, n’izindi zitandukanye.

    Umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe, Zinarizima Diogène, yatangaje ko gutanga serivisi nziza ari ishingiro ry’imiyoborere myiza kuko rituma umuturage ayoboka ubuyobozi ndetse akanabasha gushyira mu bikorwa ibyo yateguye.

    Zinarizima yagize ati: “imitangire ya serivisi tuyifata nk’ishingiro ry’imiyoborere myiza. Iyo umuturage yahawe serivisi nziza bimukundisha ubuyobozi kandi nawe bimufasha mu iterambere rye no kunoza ibyo yapanze, akumva ko ubuyobozi bumufitiye akamaro”.

    Abagize inama njyanama y’akarere ngo bagiye kurushaho gusobanurira abaturage bahagarariye serivisi bafiteho uburenganzira, kuko ngo hari igihe wasangaga batazi ko ari uburenganzira bwabo.

    “Tuza mu nama njyanama duhagarariye abaturage, natwe tuzarushaho gusobanurira abaturage serivisi bafitiye uburenganzira kuko akenshi usanga umuturage aba atanazi ko serivisi iyi n’iyi ari uburenganzira bwe. Biba byiza rero y’uko amenya ko icyo asaba agifitiye uburenganzira,” Perezida w’inama njyanama.

    Inama njyanama ngo yanyuzwe n’ingamba akarere gafite mu kurushaho kunoza imitangire ya serivisi, ariko ngo bisaba guhozaho ntihabeho kwirara kuko imitangire ya serivisi atari ikintu kinoga burundu.

    Inama njyanama yongeye kwibutsa ko umuturage adakwiye gufatiranwa ngo agire ikintu na kimwe abazwa niba yaracyujuje ngo ahabwe serivisi mu gihe kitarebana n’iyo serivisi yaje kwaka, nko kubazwa niba yaratanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, uwo kubaka Amashuri n’ibindi.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED