Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Jan 22nd, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rubavu iri mu turere twacunze neza imari igenwa na Leta

    Tariki itsinda ry’abadepite bagize komite y’imicungire y’imari n’umutungo by’igihugu  ryatangaje ko akarere ka Rubavu kari mu turere twacunze neza imari igenwa na Leta mu kunganira  gahunda z’iterambere bakaba bageze kuri 57%.

    Rubavu iri mu turere

    Iri tsinda ryari rigizwe n’abadepite batanu bo mu nteko ishinga amategeko bakaba bigiye hamwe uko amafaranga yakoreshejwe, ibyahindutse mu mibereho y’abaturage ba Rubavu n’imbogamizi ubuyobozi bahuye nazo mu bihembwe bibiri bishize.

    Nk’uko Mukama Abass, umuyobozi wungirije w’iyo komite ku rwego rw’igihugu abitangaza, ngo akarere ka Rubavu  nta bibazo kahuye nacyo cy’imicungire y’imari bagenewe na Leta. Yagize ati « turishimira ko abayobozi n’abaturage basigaye bumva uko ingengo y’imari ikora ugereranyije n’umwaka ushize. »

     

    Nko mu bikorwa biri muri gahunda ya Leta y’imbaturabukungu yo kwihutisha iterambere (EDPRS) ho ngo ibyo biyemeje ntibazuyaje babigezeho kandi ngo amezi atanu asigaye ngo igihembwe gishire byose bizaba byarangiye.

    Nyamara ariko ngo hari ibikwiriye gushyirwamo ingufu nk’uko ingengo y’imari yabisobanuraga. Aha Mukama na bagenzi be bibanze guteza imbere umugore no kwimakaza uburinganire ko ingengo y’imari itanageza kuri miliyoni makumyabiri.

    Mukama yagize ati «Ufashe ingengo y’imari ihabwa abagabo ukayishyira mu bagore wahita ubona ukuntu umuvuduko w’iterambere wahinduka ! »

    Yongeyeho ko uturere twose tuba utwa mbere mu mihigo dukoresha ibanga ryo guha abagore uruhare mu bikorwa by’iterambere akaba asaba abayobozi b’akarere ka Rubavu kongeraho iryo banga mu mikorere yabo.

    Mu bibazo abakozi b’akarere bagaragaje harimo icy’amafaranga bemerewe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yo gukora amaterasi y’indinganire. Yose hamwe uko ari miliyoni 500 ntayo bari babona kandi uko bayishyuje MINAGRI ibohereza muri MINECOFIN, iyi nayo ikabasubiza muri MINAGRI.

    Buntu Jean Mari Vianney, umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Rubavu yashimiye abadepite ku nama babagiriye kandi yabijeje ko igihembwe kizarangira ibyo biyemeje barabigezeho. Yanasabye abadepite kubakurikiranira ibibazo bagaragaje.

    Ingengo y’imari yahawe akarere ka Rubavu ingana n’akayabo ka Miliyari icyenda na miliyoni ebyiri y’amafaranga y’u Rwanda.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED