Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Dec 18th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    GISAGARA: IBAYE IYA MBERE KU NSHURO YA GATATU MU MIYOBORERE MYIZA KU RWEGO RW’IGIHUGU

    Kuva aho amarushanwa ku miyoborere myiza ategurwa n’urwego rw’umuvunyi atangiriye mu mwaka wa 2008, akarere ka Gisagara kagiye kaza mu turere tune twa mbere ndetse kakanahabwa igihembo. Muri iyi myaka itanu kandi aka karere kabonye umwanya wambere inshuro eshatu hashyizwemo n’uyu mwaka wa 2012 aho kahawe igikombe cya burundu.

    IBAYE IYA MBERE KU NSHURO YA GATATU MU MIYOBORERE MYIZA KU RWEGO RW’IGIHUGU

    Mu mwaka wa 2008 ubwo amarushanwa yatangiraga, aka karere kaje ku mwanya wa 3, mu mwaka wa 2009 kaza ku mwanya wa mbere, 2010 kaza kumwanya wa 2 naho 2011 na 2012 kiharira umwanya wa mbere ku rwego rw’igihugu, kakaba kamaze kubihererwa igikombe.

    Hakurikijwe ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’umufatanyabikorwa Care International ku miyoborere myiza n’ibirebana na ruswa muri aka karere, abaturage bagiye bagaragaza ko hari ahagikwiye kongerwa imbaraga mu itangwa rya serivisi, nko kwa muganga n’ahandi hamwe na hamwe batakirwa uko bikwiye ngo bahabwe serivisi bagomba, ibi bigahuza n’uko ubuyobozi bw’aka karere bwemeza ko urugamba rugihari ariko nanone bigaragara ko hari aho bagez kuba babasha kubona uyu mwanya wa mbere ku rwego rw’igihugu.

    Zimwe mu ngamba Akarere kashyizeho kugiramgo kagere aho kageze ubu ni ukubahiriza amategeko ku nzego zose z’imirimo, gukangurira abakozi gutanga serivisi nziza, ku nzugi za servisi za Leta hose hakandikwaho Nomero ya telefoni y’umuyobozi w’akarere abaturage bahamagara baramutse bahawe serivisi mbi, n’itangazo ngo “wimpa ruswa, serivisi ni uburenganzira bwawe” rikaba muri buri biro. Ku rugi rw’umuyobozi w’akarere ho handitsweho Nomero ya telefoni y’umuyobozi w’intara.

    Akarere kubatse urwego rw’Impuruza kuva ku Karere ukagera ku mudugudu kandi barahugurwa banagurirwa terefoni ku rwego rw’imirenge. Ni urwego rugenzura imitangire ya servisi, rugatanga raporo mu nteko y’abaturage. Akarere ka Gisagara kubatse muri buri kagari akagoroba k’ababyeyi, aho ababyeyi bahura bakaganira ku buzima bw’imibereho y’imiryango yabo, bigafasha gutahura, kwamagana no gukumira ihohoterwa rikorerwa mu ngo, dore ko akenshi ritavugirwa ku karubanda, ibi byose bikaba ngo byaragiye bikosora byinshi.

    Nk’uko umuyobozi w’aka karere bwana Leandre Karekezi abivuga, ngo bazakomeza gukoresha imbaraga zabo kugirango ibyo bagezeho bidasubira inyuma ahubwo n’ibitaragerwaho 100% bigerweho, ibi bikaba ari nabyo basabwe n’urwego rw’umuvunyi ndetse na nyakubahwa minisitiri w’intebe ubwo hatangizwaga icyumweru nyafurika cyahariwe kurwanya ruswa n’akarengane cyatangirijwe muri aka karere ka Gisagara tariki ya 5 uku kwezi.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED