Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Dec 18th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Burera: Abarangije ayisumbuye barasabwa guca ukubiri n’ibiyobyabwenge

    Abarangije ayisumbuye barasabwa guca ukubiri n’ibiyobyabwenge

    Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere arasaba abanyeshuri bo muri ako karere barangije amashuri yisumbuye kwirinda ibiyobyabwenge kuko ntacyo byazabageza ho uretse kurangwa n’imyitwarire mibi gusa.

    Rumwe mu rubyiruko cyane cyane urwiga mu mashuri yisumbuye rukunze kwishora mu biyobyabwenge nk’urumojyi, kanyanga n’ibindi. Iyo barubajije impamvu rubijyamo rutangaza ko ruba rushaka gutinyuka gukora ibintu runaka.

    Zaraduhaye Joseph, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere abwira abo banyeshuri bo mu karere ka Burera, ko byumvikana impamvu abafata ibiyobyabwenge bavuga ko babifata kugira ngo batinyuke.

    Agira ati “…muba mushaka gutinyuka ngo bigende bite? Gutinyuka kwiyahura, gutinyuka kwiba, gutinyuka kwica,  gutinyuka kurwana…izo mbaraga nizo twacungira ho kugira ngo twubake igihugu cyacu?.”

    Zaraduheye avuga abafata ibiyobyabwenge baba bashaka gutinyuka gukora ikibi gusa. Yongera ho ko mu ijambo “ibiyobybwenge” harimo inshinga “kuyoba”. Ashimangira ko umuntu wayobye adashobora kuyobora abandi.

    Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije amashuri yisumbuye, bashoje itorero bari bamaze mo ibyumweru bibiri tariki ya 17/12/2012. Ubwo barisozaga basabwe kurangwa n’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

    Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere yababwiye ko kandi bagomba kuzarangwa n’uburere bwiza ndetse n’ikinyabupfura byiyongera ku bumenyi bakuye mu ishuri kugira ngo bazabashe gutegura ejo hazaza habo neza.

    Yakomeje kandi abasaba kuzitabira urugerero bazajya mo mu mwaka wa 2013 bakamara amezi atatu bakorera ubushake ibikorwa byo guteza imbere u Rwanda.

    Yongeye ho ababwira ko kujya ku rugerero ari nko “gutegura ijuru” kuko ibyo bikorwa byose byiza bazakora bakorera ubushake bizatuma babona imigisha ku Mana kuko igihembo cy’umuntu ukora neza ari Ijuru naho icy’ukora nabi akaba ari urupfu.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED