Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Jan 10th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ngororero: Barasabwa kuvugisha ukuri muri raporo bakora


    Mu gikorwa cyo kugenzura aho ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo rigeze cyatangiye tariki 06/01/2012 mu karere ka Ngororero, abayobozi batandukanye muri aka karere basabwe gukora raporo zitabeshya.

    Ngororero Barasabwa kuvugisha

    Muri iki gikorwa, buri muyobozi wa serivisi yasobanuraga ibyagezweho muri serivisi ayobora, ibisigaye gukorwa n’ingamba zifatirwa ibikorwa byadindiye. Muri rusange ibikorwa byinshi bigaragara mu muhigo y’akarere ka Ngororero byarakozwe ibindi bikaba bigikorwa, ku buryo ubu akarere kari ku gipimo cya 60%.

    Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, yatanze ikizere ko mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka ibisigaye bizaba byarashyizwe mu bikorwa.

    Umurisa Christine, umukozi w’urwego rw’abikorera ku rwego rw’igihugu wari uyoboye aba genzuye imihigo, yatangaje ko hari hamwe na hamwe basanze harimo amakosa no kwibeshya kuko hari aho imibare yaturutse mu mirenge idahura n’igaragazwa mu maraporo yo ku rwego rw’akarere.

    Iki kibazo cyagaragaye cyane muri serivisi zijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi. Umurisa yasabye abashyira mu bikorwa imihigo ko badakwiye kuzajya babeshya imibare kugirango babone amanota menshi, ahubwo bakihatira kugira ibikorwa bifatika by’ukuri.

    Mu byagaragajwe bigiteye impungenge kubera idindira ryabyo ni nko kubaka umuhanda ureshya n’ibirometero bibiri nk’uko bigaragazwa mu mihigo, nubwo hatagaragazwa aho iyo mihanda iteganywa gukorwa.

    Umuyobozi wakarere yavuze ko iyo mihanda yagombaga kubakwa hakoreshejwe amafaranga yasagutse hakorwa umuhanda Kabaya – Mukamira nk’uko babyemerewe na minisitiri ufite ibikorwa remezo mu nshingano ze, ariko nyuma bakaza kubwirwa ko ntamafaranga yasagutse.

    Undi muhigo wagaragajwe nk’ukiri hasi ni uwo gukora igishushanyo mbonera cy’imijyi ya Ngororero na Kabaya. Ntibizwi aho imirimo igeze kuko ikigo cy’iguhugu cyita ku miturire (Rwanda Housing Authority) cyasinyanye amasezerano na rwiyemezamirimo ndetse akaba ari nacyo kizishyura amafaranga, ariko ntabwo giha amakuru akarere, kandi ariko gashinzwe gukurikirana ishyirwa mubikorwa ry’uyu muhigo.

    Ku bikorwa bigaragara mu nyandiko ariko abagenzuzi bakabishidikanyaho, hafashwe umwanya wo kubisura aho bikorerwa. Basuye imirima ihinzemo ibigori mu mirenge ya muhanda na muhororo bagasanga byarangiritse ndetse bimwe bitemerwa amatungo kuko byarwaye, mu gihe ushinzwe ubuhinzi mu karere yari yavuze ko umuhigo wo guhinga ibigori bawesheje ku gipimo cya 113% mu gihembwe cyambere cyihinga.

    Intumwa yaturutse muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yasabye abakira amaraporo aturuka ku nzego bakuriye kutemera ibyo babwiwe byose batabanje kubisuzuma, kuko bituma babeshya umuyobozi w’akarere ko bigenda neza nawe akabeshya Perezida wa Repubulika.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED