Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Dec 30th, 2012
    Block2--ibikorwa-ibikorwa / Ibikorwa | By gahiji

    Nyanza: Abakuru b’imidugudu barasabwa kugira uruhare mu izamuka ry’ubukungu

    Nyanza AbakuruMu kiganiro Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yagiranye n’abakuru b’imidugudu igize karere ka Nyanza bari mu mahugurwa y’iminsi 3 mu kigo cy’ishuli ryisumbuye rya Coste Hanika muri ako karere yabaganiriye ku buryo bakwifashisha mu kongera umusaruro uturuka ku buhinzi.

    Abakuru b’imidugudu bagera kuri  500 bateraniye mu muhugurwa bateguriwe n’akarere ka Nyanza

    Icyo kiganiro cyabaye tariki 27/12/2012 cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “ Ubukangurambanga n’imiyoborere myiza biganisha ku kongera umusaruro”.

    Abaha icyo kiganiro guverineri w’Intara y’Amajyepfo yabasobanuriye uburyo bashobora kuba umusemburo mu kongera ubukungu buhamye aho batuye ndetse bakabera intangarugero aburage bayoboye ku rwego rw’imidugudu.

    Ashingiye ku butaka buto bamwe muri bo bafite yavuze ko bashobora kububyaza umusaruro bukabageza ku bukire babukoreye.

    Yabibukije ko kugera ku bukire ari ibintu bishoboka kuri bo mu gihe cyose bihaye intego ifatika bakorana umwete. Ku bwa guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alphonse Munyantwari yavuze ko gukira  bihera mu mutwe bigasakara mu mubiri wose.

    Hari amahirwe amwe n’amwe guverineri w’Intara y’amajyepfo yabibukije ko bagomba guheraho kugira ngo bagera ku bukungu hagati mu miryango yabo..  Yagize ati: “ Ibyo gukora ni byinshi mushobora guhinga urutoki mukarufata neza rwabageza ku musaruro mwinshi ndetse mwasagurira n’amasoko”

    Ubuhamya bw’umwe muri aba bakuru b’imidugudu bwashimangiye amagambo ya guverineri w’Intara y’amajyepfo avuga ko yitabiriye guhinga urutoki ubu insina imwe ikaba imuha  igitoki kiri hagati y’ibiro 100 na 150.

    Uyu mugabo yitwa Cairo Ildephonse atuye mu kagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza. Ubukire yumvaga ari inzozi kuri we mu minsi iri imbere buzaba bwabaye impamo abukozeho imitwe y’intoki.

    Guverineri Munyantwari yasabye abo bakuru b’imidugudu igize akarere ka Nyanza bari muri ayo mahugurwa kurangwa n’ubunyangamugayo ndetse bakaba abayobozi batanga ibisubizo by’ibibazo bibarizwa aho batuye.

    Abakuru b’imidugudu bateraniye muri aya mahugurwa bagera kuri 500 bikaba biteganyijwe ko bazahabwa ibiganiro birimo uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano, uburyo bwo gutanga amakuru hagamijwe gukumira ibyaha n’ibindi.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED