Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jan 3rd, 2013
    Ibikorwa | By gahiji

    Cyanika: Bacunga umutekano mu buryo bwihariye

    African Union seeks Rwanda support on peace, security agenda

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera atangaza ko gucunga umutekano muri uwo murenge bigira umwihariko kubera ko uwo murenge uturiye umupaka.

    Umurenge wa Cyanika ni umwe mu mirenge 17 igize akarere ka Burera. Uwo murenge uturiye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda ndetse n’umupaka ugabanya u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo.

    Muri uwo murenge hakunze kugaragara urujya n’uruza rw’abantu bajya cyangwa bava muri Uganda ndetse no muri Kongo. Abo bantu bashobora kuba bafite ibyangombwa bibemerera kwambuka umupaka cyangwa se ntabyo bafite bakambuka umupaka banyuze inzira zitazwi bakunze kwita “panya”.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Burera ndetse n’ubw’umurenge wa Cyanika by’umwihariko buvuga ko muri urwo rujya n’uruza rw’abantu hashobora kuba harimo abantu bahungabanya umutekano w’u Rwanda.

    Niyo mpamvu abanyura muri uwo murenge bagiye muri Uganda cyangwa muri Kongo bagomba kuba bafite ibyangombwa byabugenewe. Abanyura ku mupaka ntabyo bafite iyo bafahswe babashyikirizwa inzego z’umutekano zigakora akazi kazo.

    Nkanika Jean Marie Vianney, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, ahamya ko umutekano ucunze uko bikwiye muri uwo murenge.

    Agira ati “kubera ko turi ku mupaka nyine, twebwe dushyira mo akarusho. Ni ukuvuga buri mudugudu ugomba gupanga irondo ryawo. Hanyuma hakaba n’abandi banyura mo bagenda bareba se iryo rondo koko ryakozwe?…”

    Akomeza avuga ko nk’ubuyobozi bw’inzego zibanze, bafatanya n’inzego za polisi ndetse n’iza gisilikare kugira ngo umutekano ukomeze ucungwe uko byifuzwa.

    Nkanika avuga ko muri uwo murenge irondo ritangira saa moya za nimugoroba, rigasozwa saa kumi za mugitondo maze saa kumi n’imwe za mugitondo abariraye bagatanga raporo ivuga uko umutekano muri iryo joro wari wifashe.

    Akomeza avuga ko mu rwego rwo gukomeza gushyira imbaraga mu gucunga umutekano hararwa irondo, abataraye irondo barakurikiranwa bagahanwa.

    Agira ati “iyo umuntu ataraye irondo arahanwa. Tuba dufite amabwirizwa twashyize ho…arahanwa kuko aba avunisha abandi”.

    Bimwe mu bihano bihabwa abataraye irondo harimo gusabwa kurara irondo undi munsi n’ubwo waba atariwo yagombaga kuraraho irondo, ndetse no gucibwa amande. Ayo mande y’amafaranga ashyirwa kuri konti y’irondo akazafasha n’ubundi irondo gukora neza.

    Ayo mafaranga yifashishwa mu kugura amatoroshi n’ibindi bikenerwa ku irondo nk’uko Nkanika abisobanura.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED