Subscribe by rss
    Saturday 27 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jan 4th, 2013
    Ibikorwa | By gahiji

    BARASABWA GUKAZA UMUTEKANO MU NZEGO Z’IBANZE

    African Union seeks Rwanda support on peace, security agenda

    NYAGATARE: Abayobozi b’inzego zitandukanye z’akarere ka Nyagatare barasabwa gufasha abaturage kurushaho kumenya kwicungira umutekano banarushaho gutangira amakuru ku gihe mu rwego rwo gukumira icyaha kitaraba.

    Ibi ni ibyagarutsweho mu nama y’umutekano y’aka karere ku bufatanye n’ubuyobozi bw’intara y’Iburasirazuba n’abayobozi bashinzwe umutekano ku rwego rw’igihugu.

    Iyi nama y’umutekano yabanjirijwe n’umuhezo w’abanyamakuru, ikaba yari ifite impamvu nyamukuru zo gukangurira abaturage kurushaho gukora inama nyishi zibakangurira kwitabira gahunda za Leta, birinda ibihuha bibarangaza, bakita ku bikorwa bibateza imbere.

    Ikindi cyagarutsweho ni ugukoresha ikaye y’umudugudu yandikwamo abinjira n’abasohoka mu mudugudu, kandi hakabaho gukurikirana ko abinjiye bakora koko ibikorwa byabazanye kandi ko igihe bihaye cyo kumara mu mudugudu cyarangiye.

    Gukoreshwa abantu bashyizweho n’ijisho ry’umuturanyi mu turere no mu mirenge mu rwego rwo gukumira ibiyobyabwenge, cyane cyane ko akarere ka Nyagatere gahana imbibi n’ibindi bihugu nk’ubugande na Tanzania kuburyo kubyinjizamo bitagoranye nabyo byagarutsweho.

    Mu ijambo rye Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette yasabye abari bitabiriye iyi nama gushyira mu bikorwa ubutumwa bahawe, aboneraho no kubifuriza umwaka mushya wa 2013.

    Muri iyi nama y’umutekano, ikibazo cy’abacuruza ibintu cyangwa ababyinjiza mu buryo butemewe n’amategeko nacyo cyagarustweho kuko ngo babona kimaze gufata intera ndende cyane cyane nko mu murenge wa Tabagwe nk’inzira ya za Chief Warage na Kanyanga ziva Ibugande.

    Abanyarwanda muri rusange banibukijwe gukoresha telephone itishyurwa mu gutanga amakuru mu rwego rwo kwirinda ibyaha byabakururira impfu za hato na hato.

    3046 niyo numero y’akarere ka Nyagatare naho 3532 niyo y’Intara y’Iburasireazuba. Guverineri Uwamariya Odette yavuze ko ikibazo cy’umutekano aricyo kigiye kwimirizwa imbere kugira ngo abanyarwanda bagire amahoro, bityo barusheho gukomeza kwiteza imbere, ubwo yashimiraga abayobozi bo ku rwego rw’igihugu ku biganiro batanze.

    Muri iyi nama kandi umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel Gasana, yibukije abayobozi kurwanya ruswa kuko ngo imunga umutungo w’igihugu.

    Mu ijambo rye umugaba mukuru w’inkeragutabara Liyetona Generale Fred Ibingira, yibukije abari bitabiriye iyi nama kutita ku bihuha byabavuga y’uko Leta y’u Rwanda ifasha umutwe M23 urwanya Leta ya Congo.

    Iyi nama yari yitabiriwe n’abayobozi batandukaye, kuva ku buyobozi bw’umudugudu kugeza ku rwego rw’igihugu.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED