Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jan 4th, 2013
    Ibikorwa | By gahiji

    Nyamasheke: Inama y’umutekano yafashe umwanzuro wo kurwanya ibihuha

    Inama y’umutekano yafashe umwanzuro wo kurwanya ibihuha

    Inama y’umutekano itaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa kane, tariki ya 03/01/2013 yafashe umwanzuro wo kurwanya ibihuha nka kimwe kibangamira umutekano muri aka karere.

    Nyuma y’uko ikibazo cy’ibihuha cyagaragajwe nk’ikibangamira umutekano mu karere ka Nyamasheke ndetse kikagarukwaho mu nama y’umutekano yaguye y’aka karere yateranye tariki ya 18 Ukuboza k’umwaka ushize wa 2012, inama y’umutekano itaguye yateranye kuri uyu wa kane, yafashe umwanzuro wo gukaza ingamba zo guhangana n’ibyo bihuha kugira ngo bitabuza abaturage umudendezo.

    Inama y’umutekano yafashe umwanzuro wo kurwanya ibihuha2

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste yavuze ko bakomeza gufatanya n’abaturage kurwanya ibihuha bigamije kubabuza gukora kuko ngo nubwo itariki yatangazwagaho imperuka y’isi yatambutse, hari abandi bantu bakibiba ibihuha by’ibicantege.

    Habyarimana akomeza avuga ko uru rugamba rwo kurwanya ibihuha rukeneye intwaro yo gusobanura neza gahunda yo kurwanya ibihuha kandi bakiyambaza n’abanyamadini kugira ngo basobanurire abayoboke babo ukuri kwa Bibiliya, avuga ko yakunze kwitwazwa na benshi mu babiba ibihuha maze bakayisobanura bayigoreka.

    Ikibazo cy’ibihuha, ahanini bisobanura ukurangira kw’isi cyakunze kuranga uyu mwaka ushize wa 2012, aho byavugwaga ko isi yari kurangira ku itariki ya 21 Ukuboza.

    Ibi byakunze kwamaganwa n’abayobozi batandukanye ndetse n’abandi bantu benshi bagaragazaga ko “Nta wuzi umunsi n’igihe” isi izarangirira.

    Na nyuma y’uko impanuro z’iyi tariki zipfubye, inzego zitandukanye zikaba zifite inshingano yo gusobanurira abaturage imiterere y’ibi bihuha, ariko uruhare rw’abanyamadini rukaba ari ingirakamaro kuko ari bo berejwe gusobanura Bibiliya uko bikwiye, birinda kuyobya abo bashinzwe kuyobora.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED