Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jan 18th, 2013
    Ibikorwa / Latestnews | By Lisa

    Nyamagabe: Akarere karashimwa aho kageze kesa imihigo.

    Nyamagabe Akarere karashimwa aho kageze kesa imihigo.

    Kuri uyu wa kane tariki ya 17/01/2013, itsinda rigizwe n’abantu baturutse muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) n’intara y’amajyepfo ryaje mu karere ka Nyamagabe mu rwego rwo kureba uko akarere gahagaze mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013, ibibazo bigaragaramo ndetse n’uko byakemuka, rikanatanga inama kugira ngo imihigo izabashe kugerwaho neza nk’uko akarere kayisinyiye imbere ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.

    Umuyobozi w’iri tsinda akaba n’umuyobozi wungirije w’ikigega gishinzwe gutera inkunga uturere n’umugi wa Kigali (RLDSF), Sibomana Saïd yatangaje ko uru ruzinduko rwabo rutagamije gutanga amanota ahubwo ari ubufatanye no kureba uko imihigo yazagerwaho 100%.

    Sibomana yagize ati: “Ikigamijwe si ugutanga amanota ahubwo ni ubufatanye no kureba niba nta mbogamizi kugira ngo zimenyekane n’aho zituruka bityo zizashakirwe umuti”.

    Sibomana yatangaje ko hari inama iri gutegurwa ku rwego rwa za minisiteri bityo imbogamizi zizagaragara muri iri suzuma ababifitemo uruhare bakazahwiturwa.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert atangaza uko imihigo ihagaze ku rwego rw’akarere, yatangaje ko mu mihigo 55 akarere kahize itatu gusa ariyo itaratangira harimo nko gupima umusaruro w’imyaka ndetse no guhinga ingano, ariko gahunda y’ishyirwa mu bikorwa ikaba ariko ibiteganya bityo hakaba nta kibazo kirimo.

    Kugeza ubu imihigo 39 iri mu ibara ry’icyatsi bivuga ko iri hagati ya 50% na 100% harimo n’iyamaze kugerwaho 100%, imihigo 10 iri mu ibara ry’umuhondo hashyirwamo imihigo iri hagati 20% na 49%, naho imihigo itatu gusa ikaba ariyo iri mu ibara ry’umutuku ifite munsi ya 19% mu mezi atandatu ya mbere.

    Sibomana wari ukuriye iri tsinda yashimiye akarere ka Nyamagabe kuba gahagaze neza mu mihigo agira ati: “ikigaragara ni uko inzira mo ari nziza kuko imihigo myinshi mumaze kuyesa. Biragaragara y’uko mu mihigo 55 iyo umuntu amaze kugera mu cyatsi mu mihigo 39 mu mezi atandatu abanza aba ageze ku rwego rwiza”.

    Iri tsinda kandi ryatanze inama yo kunoza ihererekanyamakuru no gutanga amaraporo kugira ngo ibikorwa bakora bimenyekane kimwe mu nzego zitandukanye, gushyira ingufu mu bukangurambaga kugira ngo abaturage bose bitabire ubwisungane mu kwivuza, gushyira mu bikorwa imyanzuro y’umugenzuzi mukuru wa leta, n’ibindi bitandukanye.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yashimiye inama akarere kagiriwe n’iri tsinda kandi aryizeza ko zizashyirwa mu bikorwa.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED