Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 19th, 2013
    Ibikorwa | By gahiji

    Imyiteguro y’amatora y’abadepite azaba muri Nzeri yaratangiye

    Imyiteguro y’amatora y’abadepite azaba muri Nzeri yaratangiyea

    Mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, ku itariki itaratangazwa, hazabaho amatora y’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite. Aya matora yatangiye gutegurwa, akazaba ahagarariwe n’abayobozi bashyashya bagiyeho mu kwezi k’Ukwakira 2012.

    Aba bayobozi bashyashya, mu nama bagiranye n’abafatanyabikorwa bo mu Ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa 17 Mutarama,2013 basabye inzego z’ubuyobozi kuzafatanya kugira ngo igikorwa cy’amatora kizarusheho kugenda neza.

    Ese kuvuga ko bifuza ko amatora azarushaho kugenda neza, byaba bivuga ko ayo mu gihe cyashize yagenze nabi? Prof.  Kalisa Mbanda, Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora, ati “sinshaka kuvuga ko ay’ubushize yabaye mabi. Gusa, mu mutwe wanjye no mu mutima wanjye ntekereza ko iyo utajya imbere uba usubira inyuma. Ni ukuvuga ko buri gihe cyose ugomba kugira icyo wongera ku cyo wakoze ubushize.”

    Uyu muyobozi rero asobanura ko mu byo atekereza kuzanoza kurushaho hari kuba nta bantu bazongera gutorera muri za shitingi, abimutse babishoboye bakazashobora guhinduza aho bazatorera bifashishije ikoranabuhanga aho kuvunika bajya gushaka abafite amalisiti y’amatora kugira ngo babahindurire. Indorerezi na zo zizabasha gusaba imyanya zinyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga.

    Ibi rero ngo bizatuma amalisiti arangira hakiri kare, bityo n’ibikoresho by’amatora bizabashe kugera aho byagenewe hakiri kare.

    Alphonse Munyantwari, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo na we wari muri iyi nama yemereye Abayobozi ba Komisiyo y’igihugu y’amatora ko uruhare rw’inzego z’ubuyobozi mu gutuma amatora agenda neza ruzagaragara nk’uko bisanzwe.

    Aya matora azaba mu kwezi kwa Nzeri, nyuma y’igihe gitoya abanyeshuri batangiye. Nta wabura kwibaza aho azabera kuko abanyeshuri bazaba biga kandi akenshi ibigo by’amashuri bikunda kwifashishwa nk’ibyumba byo gutoreramo, binakubitiyeho ko Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora asaba inzego z’ubuyobozi kuzabafasha ntihagire abongera gutorera muri shitingi.

    Aha rero, Prof. Kalisa Mbanda agira ati “abana n’iyo biga dushobora gutora haba kuwa gatandatu cyangwa ku cyumweru. Umunsi umwe ntabwo ari wo utuma amashuri atagenda mu gihugu.”

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED