Subscribe by rss
    Wednesday 20 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 26th, 2013
    Ibikorwa | By gahiji

    Nyamasheke: Imihigo myinshi imaze kugerwaho mu mezi 6 gusa arangiye

    Imihigo myinshi imaze kugerwaho mu mezi 6 gusa arangiye

    Ubuyobozi n’abakozi bose b’akarere ka Nyamasheke barishimira ibimaze kugerwaho mu gihe cy’amezi 6 y’imihigo atambutse kandi bagaharanira ko ahakiri imbaraga nke bakongezamo umurindi kugira ngo amezi atanu y’imihigo asigaye azasige bayesheje ku rugero rwiza.

    Ibi byagarutsweho mu nama yahuje abakozi bose b’akarere ka Nyamasheke kuva ku rwego rw’akarere kugeza ku rw’akagari yabaye kuri uyu wa kane, tariki ya 24/01/2013.

    Iyi nama yari yitabiriwe n’abakozi bose b’akarere ka Nyamasheke yari igamije kwisuzuma uko amezi 6 atambutse yagenze mu rwego rw’imihigo, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke mu izina ry’abaturage yasinyanye na Perezida wa Repubulika.

    Iri suzuma rije rikurikira iryabaye mu ntangiriro z’uku kwezi ryari igamije gusuzuma aho imirenge 15 igize aka karere igeze ishyira mu bikorwa imihigo yayo.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Habyarimana Jean Baptiste yatangaje ko muri rusange imihigo y’uyu mwaka irimo gushyirwa mu bikorwa uko bikwiye ku buryo adashidikanya ko mu kwezi kwa gatanu bizaba byageze ku ntego.

    Mu byagezweho hishimirwa ibikorwa by’ubuhinzi bijyanye no guhuza ubutaka ku bihingwa byatoranyijwe ndetse na gahunda yo guhunika imyaka.

    Gahunda yo guteza imbere ibikorwa remezo nk’imihanda, amazi n’amashanyarazi ndetse no kubaka amashurina byo byaje ku isonga mu byishimirwa ku kigero cyo hejuru mu mihigo y’akarere ka Nyamasheke muri aya mezi atambutse.

    Mu mihigo yatunzwe agatoki muri iyi nama harimo ibijyanye no gutura mu ku midugudu, aho byagaragaye ko abamaze kwitabira iyi gahunda bagera kuri 60% mu gihe akarere ka Nyamasheke gafite intego yo kugeza kuri 70% muri uyu mwaka w’imihigo.

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste akaba yatangaje ko hafashwe ingamba zo kuzamura byibura 2% muri buri kwezi kugira ngo amezi atanu asigaye y’imihigo y’uyu mwaka azarangire besheje umuhigo bihaye ku gutura ku midugudu.

    Iyi nama kandi yabaye umwanya wo kugira ngo abakozi b’akarere ka Nyamasheke bareme icyo bise “Umuryango umwe” cyangwa se “One Family” ndetse hanashyirwaho komite nkemurampaka na ngengamyitwarire ku buryo abakozi b’akarere bakorera hamwe ariko na none bakarangwa n’imyitwarire iboneye, hagira utandukira hakabaho gukeburana.

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED