Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jan 31st, 2013
    Ibikorwa | By gahiji

    Nyanza: Imihigo ni bumwe mu buryo buri kwihutisha iterambere ry’abaturage

    Ubwo tariki 29/01/2013 itsinda rihuriwemo n’abakozi batandukanye b’akarere ka Nyanza birizaga umunsi wose basura umurenge wa Nyagisozi ukaba ari umwe mu mirenge y’icyaro muri ako karere byagaragaye ko imihigo hari icyo imariye abaturage mu rwego rwo kwihutisha iterambere ryabo ndetse no kubageza ku mibereho myiza nk’uko bo ubwabo ahenshi babyitangiyemo ubuhamya.

    Mu murenge wa Nyagisozi isuri ntikihafite umwanya

    Mu murenge wa Nyagisozi isuri ntikihafite umwanya

    Buri bakozi batatu bagiye bahitamo  akagali basura bakareba aho abaturage bageze batera imbere ndetse bakagirana ibiganiro nabo hasuzumwa gahunda ihamye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri ako kagali bwakoze kugira ngo abaturage batere imbere binyuze mu mihigo yasinwe mu mwaka 2012-2013 n’abayobozi babo babegereye.

     

    Ibyitaweho muri icyo gikorwa ni ugusuzuma ibijyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage ndetse n’imiyoborere myiza.  Muri buri rwego hagiye hasurwa ibikorwa bitandukanye birimo nk’ubuhinzi n’ubworozi, ibikorwa remezo n’imiturire.

    Mu byagaragariye abari bagize ayo matsinda yakoze igikorwa cyo gusuzuma aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa ndetse bigashimangirwa n’abaturage ni uko imihigo ari bumwe mu buryo buri kwihutisha iterambere ry’abatuyemu cyaro.

    Imisozi ihinzweho ibihingwa ngandurarugo

    Imisozi ihinzweho ibihingwa ngandurarugo

     

    Hirya no hino mu tugari tugize umurenge wa Nyagisozi imirima yari ihinzwe kandi mu buryo bwa kijyambere ndetse na buri rugo rufite amatungo maremare cyangwa magufi yifashishwa mu kubona ifumbire ikoreshwa mu buhinzi  bw’ibihingwa bitandukanye.

    Uburyo bw’imiturire nabwo bwarahindutse nk’uko abari muri iryo tsinda babibonye aho bamwe mu baturage bavuye tubande tw’imisozi bagatuzwa mu midugudu aho ibikorwa remezo bibegerezwa mu buryo bworoshye kuko baba bibumbiye hamwe.

    Mu nzira abana baba bava mu ishuli

    Mu nzira abana baba bava mu ishuli

    Mu byashimwe ku bigo by’amashulli abanza ni uko abana bose bageze igihe cyo kujya kwiga bajyayo  bikaba byaragabanyije ubuzererezi. Kambayire Appoline umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyanza ni umwe mu bari muri iryo tsinda ndetse akaba ari nawe wari urikuriye.

    Mu kiganiro yatanze myuma y’uko igikorwa cy’isuzuma cyari kimaze gukorwa yishimiye ko muri rusange abaturage bafite intambwe bateye ndetse n’iyo bamaze kugeraho mu iterambere byose bakaba babikesha ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo buri muyobozi mu nzego yiyemeje kugeraho bikubiye mu masezerano y’ibyo yiyemeza gukora imbere y’undi umukuriye mu kazi.

    Abayobozi mu nzego z’ibanze batihutisha imihigo nk’uko babyiyemeje bo basabwe kugira ibyo bakosora kugira ngo abo bayoboye nabo barusheho kwihutishwa mu iterambere kuko hari aho wasangaga bamwe bari imbere mu iterambere abandi bakiri inyuma kandi hose harahizwe imihigo imwe.

    Ahatunzwe agatoki kurusha ahandi ni mu bijyanye n’isuku mu bigo by’amashuli abanza aho ahenshi basanze iri ku rwego rukiri hasi.

    Rutabagisha Herman umuyobozi w’umurenge wa Nyagisozi ukaba wakorewe icyo gikorwa cyo kureba aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa yijeje abayobozi batandukanye bari baturutse ku rwego rw’akarere ka Nyanza ko ibyo bashimwe bazabikomeza ndetse n’ibyo basabwe gushyiramo ingufu bakaba biteguye kubikora mu gihe ya vuba.

    Igikorwa cyo gusuzuma uruhare rw’imihigo mu iterambere ry’abaturage mu karere ka Nyanza cyaherewe mu murenge wa Nyagisozi ariko kizakomereza no mu yindi mirenge 9 isigaye nk’uko Kayijuka John umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyanza abivuga.

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED