Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jan 25th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ngoma: Ubuyobozi bwiyemeje guca akajagari mu ubucuruzi

    Ubuyobozi bw’ inzego z’ ibanze mu murenge wa Kibungo buratangaza ko butazihanganira uwariwe wese uzagerageza gukora ubucuruzi mu kajagari budakorewe mu isoko.

    Ngoma Ubuyobozi bwiyemeje

    Icyi cyemezo ubu buyobozi bugifashe nyuma y’ uko muri uyu murenge cyane cyane mu kagari ka Karege hari hamaze kogera udusoko twaremaga mu buryo butemewe.

    Utu dusoko wasangaga turema  mu gihe isoko rya Kibungo riri kurema naryo. Kamwe mu gasoko kari kamaze kumenyekana ni agaherereye munsi y’ ishuri rikuru ry’ ubuhinzi rya Kibungo(INATEK) ahazwi ku izina rya Rond-point ya INATEK.

    Ubuyobozi buvuga ko uretse kuba aka gasoko karemaga bitemewe n’ amategeko ngo naho kaberaga katezaga umutekano mucye, kuko kaberaga mu muhanda bikaba byabangamiraga urujya n’uruza rw’abagenzi n’ ibinyabiziga ndetse ngo n’ impanuka rugeretse.

    Safari Adolphe umuyobozi w’ akagari ka Karenge ubwo twasangaga ari mu mukwabu wo kwirukana abahacururiza yatubwiye ko ubucuruzi  butemewe buteza akajagari bityo ko ubuyobozi butakomeza kubireberera.

    Yagize ati: “Abenshi usanga baba bakwepa gusora mu masoko maze ugasanga baratambamira abasoze mu isoko babatanga abakiriya mu nzira. Ibi biri mu kurengera inyungu z’uba yasoze ngo acururize mu isoko hemewe. Umuntu abiretse ntawakongera kujya mu isoko kandi aricyo twaryubakiye.”

    Mu bucuruzi butemewe kandi habarizwamo n’abantu bagenda batembereza imbuto, inyanya n’ibindi biribwa mu mago y’abantu kuko nabyo ngo bigaragara cyane muri aka kagari ku munsi w’isoko.

    Kuruhande rw’ababikora  nabo bemera ko ari amakosa ariko bakavuga ko nanone hari igihe babiterwa n’uko isoko bubatse ari rito ko batabona ibibanza bacururrizamo bose baramutse bagiyeyo.

    Umwe muri bo yavuze ko: “Bari bakwiye kudohora natwe tukiberaho kuko no mu isoko bavuga ntago twahakwirwa twese. Iyo urebye usanga isoko ryaruzuye ntahandi wabona ikibanza.”

    Isoko rya Kibungo rimaze iminsi ryubatswe kuburyo  bujyanye n’ igihe, aho kugeza ubu rikiri mu maboko y’akarere akaba ari ko gakodesha abarikoreramo.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED