Subscribe by rss
    Friday 15 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jan 25th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Intara y’amajyaruguru yamuritse ibikorwa yagezeho muri 2011

    Intara y amajyaruguru

     

    Ku wa gatandatu tariki 21/01/2012 mu mujyi wa Musanze habereye umuhango wo kumurika ibyo intara y’amajyaruguru yagezeho mu mwaka wa 2011 mu rwego rwo kubyishimira no kurebera hamwe ibigomba kugerwaho mu myaka iri imbere.

    Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, yatangaje ko mu bikorwa byagezweho harimo imihanda, abaturage batanze mitiweli neza, guhuza ubutaka n’ibindi.

    Guverineri Bosenibamwe yavuze ko ibyo byose bagezeho, abatuye intara y’amajyaruguru bagomba kubyishimira. Yongeyeho ko ariko hari n’ibyo bagomba kugeraho mu myaka iri imbere. Aho yavuze ko mu mwaka wa 2013 abaturage b’intara y’amajyaruguru bose bazaba boroye inka.

    Mu bindi ngo intara y’amajyaruguru igomba kugeraho ni uko mu mwaka wa 2013 abaturage bagera kuri 70% bazaba batuye mu midugudu. Ikindi ngo ni uko tumwe mu duce tw’iyo ntara tutarangwagamo amashanyarazi hari imishinga yo kuzayahageza.

    Aha atanga urugero rw’akarere ka Gakenke kuko kari inyuma mu kugira amashanyarazi muri iyo ntara, ndetse n’imirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Burera nka Kivuye n’indi.

    Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yavuze ko ari byiza ko bishimira ibyiza bageze ho kandi na Guverinoma irabashyigikiye kuko ari abakozi. Yabwiye abatuye intara y’amajyaruguru ko bagomba kumenya ko intara y’amajyaruguru atariyo yonyine iri mu Rwanda.

    Yakomeje ababwira ko batagomba kwirara kuko bari mu ipiganwa n’izindi ntara. Ngo nibumva ko ari bonyine bazasanga hari abandi babanyuzeho. Yabijeje ko azababa hafi mu byo bateganya gukora byose.

    Minisitiri w’intebe yabwiye abaturage bo mu ntara y’amajyaruguru ko kuba yazanye n’abo baminisitiri benshi kuko  bishimiye abo baturage. Minisitiri w’intebe yasabye abo baturage gukoresha abo baminisitiri kugira ngo babafashe mubyo bateganya gukora.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED