Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jan 11th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Gakenke : Abayobozi b’inzego zibanze batuye ku mudugudu byakwihutisha gahunda y’imidugudu

    Nta banga ririmo ko hamwe na hamwe gahunda yo gutura mu midugudu icumbagira kuko abaturage batayitabira nk’uko bikwiye n’ubwo ubuyobozi bubibashishikariza. Hamwe bahisemo ko abayobozi batanga urugero rwiza bafata iyambere mu gutura mu mudugudu.

    Mu nama y’umutekano iheruka guterana Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke,  Nzamwita Deogratias yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gutanga urugero rwiza batura ku mudugudu. Ibi bishobora gutuma abaturage na bo bafatira ku rugero rwiza rwabo na bo bakagana imidugudu.

    Abayobozi b’inzego z’ibanze nibo baturanye n’abaturage ahantu hatakaswe umudugudu kandi bakaba ari bo bakurikirana iyo gahunda buri munsi kugira ngo ishyirwe mu bikorwa.

    Ni gute wakwigisha ibyo udakora ? Byamera nka ya mvugo igira iti : « Mwumve ibyo mvuga mwe kureba ibyo nkora ».  Kuva isi yahangwa ngo umuyobozi ahorana ukuri. Ariko ukuri kwaba ukuri guhamye abayobozi b’inzego zibanze bashyize mu bikorwa gahunda y’imidugudu na bo ubwabo nta nkomanga ku mutima kuko umuyobozi mwiza abera urugero abo ayobora.

    Hamwe na hamwe hafashe ingamba z’uko nta musore uzongera kubaka ahantu hatashyizwe umudugudu cyangwa ku bantu basanzwe batuye kudasana inzu zabo zitari ku mudugudu kugira ngo mu minsi iri mbere bazimukire ku mudugudu.

    Ni byiza, ingaruka nziza zizagarukira umuturage nk’uko umuyobozi mwiza aharanira icyiza ku muturage. Aha, Umuyobozi w’akarere ka Gakenke avuga ko  nta nzu nshyashya izongera kubakwa ahantu hatari kuri site y’umudugudu.

    Yagize ati : « Nta nzu  nshyashya dukeneye ahantu hatari kuri site y’umudugudu. Abasore bose bagomba kubaka ku mudugudu. Nta muriro, nta mazi abaturage bagezwaho badatuye ku mudugudu. »

     

    Ibyiza bigendanye no gutura mu midugudu

    Ntawanga kubaho neza, ntawanga gutura aheza. Ariko abantu badatuye ku mudugudu kubaho neza batuye hafi y’ahantu bashobora kwivuza, kwiga, batuye mu nzu zifite amazi n’amashyanyarazi byaba ari biri kure nk’ukwezi.

    Leta y’u Rwanda ishyize imbere ko Umunyarwanda wese abaho neza kandi agatura heza. Byagerwaho gute abaturage batuye batandukanye ? Ibyo bishimangirwa n’Icyerekezo 20-20 aho Leta ifite gahunda yo kugeza amashyanyarazi kuri 35% by’Abanyarwanda bivuye kuri 6%.

    Ku birebana n’amazi irashaka kugeza  amazi meza ku baturage bikava kuri 52% bikagera nibura kuri 55%. Kugira ngo bigerweho gutura mu mudugudu ni cyo gisubizo cyihuse kandi kitagoye. Ni aha abaturage gufata iya mbere bakira ibyiza byo gutura mu midugudu.

    Uretse no kugezwaho n’ibikorwa-remezo, gutura mu midugudu byihutisha iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi. Abahinzi babona ahantu hagaragara hakorwa ubuhinzi bwa kijyambere bw’igihingwa kimwe. Bityo abaturage bakihaza mu biribwa bakanakirigita ifaranga.

    Ku bworozi, gutura mu mudugudu bifasha aborozi kubona inzuri zihagije zo kuragiramo amatungo yabo akarushaho gutanga umusaruro uhagije.

    Ikindi gutura mu mudugudu byoroshya gucunga umutekano w’abantu kuko Leta itabasha kubona umupolisi cyangwa umusirikare kuri buri rugo, ariko iyo muri mu midugudu muba muri hamwe bityoi n’abacunga umutekano bikaborohera yewe n’ugize ikibazo agatabarwa byihuse.

    Muri iyo nama bemeranyijwe ko kwitabaira gutura ku mudugudu ni umusanzu wa buri wese mu kwihutisha iterambere ry’akarere by’umwihariko n’iry’igihugu muri rusange.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED