Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 28th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Akarere ka Rubavu kagomba gushyira ubukerarugendo mu mihigo yako


    Ibi ni ibyagarutsweho uyu munsi na Faustin Karasira, ushinzwe ubukerarugendo n’igenamigambi mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubukerarugendo (RDB) mu nama nyunguranabitekerezo kuri Kivu Serena Hotel yahuje n’abayobozi b’akarere ka Rubavu, amabanki, amahoteli n’abikorera ku giti cyabo.

    Iyi nama y’umunsi umwe yari igamije kurebera hamwe icyakorwa kugirango ubukerarugendo burusheho gutera imbere muri Rubavu no kungurana inama ku gishushanyo mbonera cy’ubukerarugendo.

    Faustin akaba yatanze ikiganiro ashimangira ko ubukerarugendo aribwo pfundo ry’ubukungu bw’igihugu ko kandi u Rwanda rwashyizwe ku rutonde rw’ibintu 50 umuntu agomba gupfa asuye. Yongeyeho ko ariko u Rwanda rukiri inyuma mu bukerarugendo ugereranyije n’ibihugu duhana imbibi.

    Yagize ati “umukerarugendo amara iminsi umunani cyangwa icyenda mu Rwanda gusa, nta kuntu mwakora akamara ibyumweru bibiri?”

    Faustin yakomeje asobanura ko umwihariko wa Rubavu ari uko ifite ibyiza nyaburanga byinshi akaba yasabye abitabiriye inama gushyira ubukerarugendo mu mihigo yabo kuko bunatanga isura nziza ku gihugu cyagize amateka nk’ayacu.

    Umushyitsi mukuru muri iyo nama depite Anne Marie Nsabyemungu na we yakomoje ku kwakira abashyitsi uburyo bitakiri umuco w’abanyarwanda kandi warahozeho. Ati “umuntu yakiriye neza umugana yagaruka akagarukana n’abandi.”

    Anne Marie akaba yaboneyeho gusaba RDB kubaka umuhanda ugera aho abaturage bimuwe mu ishyamba rya Gishwati batuye kuko hari abifuza kubasura bakabura uko bahagera kubera umuhanda mubi.

    Inama nk’iyi izajya iterana buri mwaka kugirango hasuzumwe ibyagezweho n’ibitaragezweho nk’uko Jean Marie Vanney Ruhamanya, ushinzwe koperative n’ishoramari mu karere ka Rubavu yabitangaje. Hakaba hatowe komite izajya ikurikirana ubukerarugendo mu karere ka Rubavu.

    Rubavu ni akarere karangwamo ikiyaga cya Kivu, Sebeya, udusozi twagizwe ahantu nyaburanga, ubuvumo n’ibindi. Akaba ari agace kamwe mu twakira ba mukerarugendo benshi mu Rwanda nk’uko imibare yakusanyijwe na RDB yabyerekanye.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED