Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 28th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Kayonza: Hararebwa uburyo ibiciro by’ubukode ku butaka byagabanywa

    Kayonza

    Abagize komite y’inama njyanama y’akarere ka Kayonza bari kureba uburyo ibiciro by’ubukode ku butaka byagabanywa. Ni nyuma y’aho abaturage batandukanye bagaragarije impungenge ko ibiciro by’ubukode ku butaka muri aka karere biri hejuru ku buryo birenze ubushobozi bwa benshi.

    Urugero rwatanzwe ngo ni uko hari aho usanga mu cyaro hari nk’umuturage ufite isambu ahingamo aba agomba gutanga umusoro w’ubukode ungana n’amafaranga 50 000 y’u Rwanda.

    Nk’uko byavugiwe mu nama ya komite y’inama njyanama y’akarere ka Kayonza, ubusanzwe ngo itegeko rigena umusoro ku bukode bw’ubutaka riteganya ko ubutaka buhingwaho gusa buri munsi ya hegitari ebyiri budasorerwa, ariko iri tegeko rikaba ridakurikizwa kuko n’abafite ubutaka buri munsi y’izi hegitari bagiye babwirwa umubare w’amafaranga bagomba kubusorera.

    Iyi nama yasabye ko nk’amazu yo guturamo yasonerwa umusoro kuko usanga nta kindi kintu yinjiza.

    Inama njyanama kandi yanasabye ko bimwe mu biciro ku bukode bw’ubutaka byagabanuka kugira ngo bizorohere abagomba kubusorera. Urugero nko mu byaro byo mu karere ka Kayonza, inzu ikorerwamo ubucuruzi ubusanzwe itanga umusoro hagendewe ku ngano yayo, igiciro gisanzwe cyari  amafaranga hagati y’abiri n’ane kuri meterokare [2-4/m2], inama njyanama ikaba yarasabye ko iki giciro cyagumishwa ku mafaranga abiri yonyine kuri meterokare.

    Ni nako byagenze mu duce tw’umujyi ndetse n’udusanteri [centres] tw’ubucuruzi, ibiciro bisanzwe byagiye bigabanywa.

    Ibi bibaye mu gihe mu nama ya 9 y’igihugu y’umushyikirano ikibazo cy’ibiciro bihanitse ku bukode bw’ubutaka cyakunze kugarukwaho cyane, ndetse perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame agasaba ko ababishinzwe bazabisubiramo bikanonosorwa.

    Abatuye mu karere ka Kayonza bavuga ko mu gihe ibi biciro bigenwa n’inama njyanama y’akarere ka Kayonza byashyirwa mu bikorwa ngo byafasha benshi kuko ibiciro byari byateganyijwe mbere byari birenze ubushobozi bwabo.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED