Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 28th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Muhanga: Abaturage bagiye gushishikarizwa gufashanya ngo hishyurwe imitungo yangijwe

    Imanza zitarangira ni kimwe mu bibazo byagiye bigaragara mu Rwanda kubera ahanini ikibazo cy’imanza za gacaca zagiye zihura n’ibibazo binyuranye. Mu rwego rwo gukemura ibyo bibazo akenshi bigaragara ko bidindizwa n’imitungo yangijwe itishyurwa, buri karere kagiye gafata ingamba zo kugikemura.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwo buvuga ko bwafashe gahunda yo gushishikariza abaturage gufasha abangije imitungo y’abandi kuyishyura.

    Nk’uko bitangazwa n’umukozi mu karere ka Muhanga ushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage, Jean Damasce Karamage avuga ko ikibazo nyamukuru gituma abangije imitungo y’abandi mu gihe cya Jenoside, batayishyura ari ikibazo cy’amikoro.

    Aha avuga ko ubuyobozi bw’aka karere bwasanze byaba byiza bashishikarije aba baturage gufashanya mu kwishyura iyi mitungo yangijwe. Ati: “Abanyarwanda bagira umuco w’urukundo kandi bafashanya muri byinshi”.

    Ku mpungenge z’uko abaturage bashobora kutishimira iki cyemezo kuko baba bagiye kwishyuzwa ibyo batagizemo uruhare mu kwangiza, Karamage avuga ko iki gikorwa kitazaba ari agahato ahubwo ngo bizaba ku bushake bw’abantu.

    Avuga ko bishoboka ko izi mbogamizi zabaho kuko hari abaturage bashobora kwanga iki cyemezo, bakaba banagumura abandi bakacyanga burundu.

    Imanza zitegenijwe kurangizwa ni imanza z’imitungo cyangwa inanza za gacaca, imanza zaciwe n’abunzi n’imanza zaciwe n’inkiko zisanzwe.

    Akarere ka Muhanga kihaye gahunga ko izi manza zizaba zarangijwe kugeza mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka. Bakaba bari barihaye ko zizacibwa kugera ku gipimo cya 95% none ubu bageze ku gipimo cya 92%.

    Imanza za Gacaca ziri ku gipimo cya 93,8% naho izindi manza zageze ku gipimo cya 92%.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED