Subscribe by rss
    Tuesday 19 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jan 4th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ngororero : Abahanzi bari mu marushanwa ku miyoborere myiza barasaba ubufasha kuko amikoro ari make

    Mu gihe mu karere ka Ngororero hakomeje amarushanwa ku bihangano mu miyoborere myiza, abitabira aya marushanwa ku rwego rw’imirenge bavuga ko uburyo bakoramo aya marushanwa bugoranye ugereranyije n’amikoro aba akenewe kugirango igihangano kibashe kugira agaciro no kugaragaza koko imiyoborere myiza.

    Mu byifuzo by’abahanzi bakomeje aya marushanwa bafite, harimo kuba ibihembo bitangwa bikwiye gutangirira ku rwego rw’imirenge aho kuba ku rwego rw’akarere naho ubuyobozi bukavuga ko ubuhanzi bugezweho ari ubuteza imbere nyirabwo ariko ngo bagiye kureba uko bababumbira hamwe kugirango babashe kunoza ibikorwa byabo.

    Bamwe mu bahanzi bo mw’itorero king of peace, na Humeka mu murenge wa gatumba  nyuma y’amarushanwa ku rwego rw’umurenge wa gatumba, baradutangarije ko bitoroshye kugera ku ntego zabo zisaba imbaraga z’amikora zirenze ubushobozi bwabo, nyamara ubuhanga bwo babufite.

    Kuba aba bahanzi bakorera muri ubu buryo, bavuga ko butanoze ngo bishobora kugira ingaruka ku bihangano no ku buzima bwabo nyamara bari bagamije gutanga umusanzu wabo mugukangurira abaturage kwitabira gahunda za leta no kumenya uburenganzira bwabo.

    Ikindi aba bahanzi bakomeza bavuga ni iko ngo ibi bitatuma ubuhanzi buhagarara. Uru rubyiruko rwo mw’itorero humeka nk’uko nshimiyimana Didas urihagarariye abivuga, ngo rufite gahunda yo gufasha ubuyobozi mu gukangurira abaturage ku gukunda igihugu, ariko bakaba batabona ubufasha mu kazi kabo.

    Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’umurenge wa gatumba, buvuga ko ubuhanzi butagombye gushingira ku mfashanyo kuko n’ubwo aba bakeneye ubufasha, ngo ubuhanzi bukwiye kuba umurimo kubabukora maze urwego rwa leta na rwo rugategura amarushanwa utsinze akabyungukiramobitewe n’uko yitwaye.

    Marie Josée Nyirahabimana, umukozi ushinzwe irangamimerere kuri uyu murenge akaba anafite mu nshingano imiyoborere myiza avuga ko abahanzi ari urwego rukunzwe ku buryo rwakangurira byoroshye  abaturage gahunda za leta. Akavuga ko nubwo ntabufasha bwabateganyirijwe muri aya marushanwa bizababera isomo maze nabo bagakora ubuvugizi ubutaha bakabizirikana.

    Amarushanwa ku miyoborere myiza yatangirijwe mu midugudu ubu ageze kurwego rw’umurenge naho ku rwego rw’igihugu bikaba biteganyijwe ko azarangira taliki ya 30, mutarama 2012, mu bihangano birushanwa, harimo indirimbo imbyino imivugo, ku bahanzi ku giti cyabo cyangwa se amatorero.

    aya marushanwa yateguwe na minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC)akaba ari nayo izatanga ibihembo, bikazatangwa ku babaye aba mbere uhereye ku rwego rw’akarere.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED