Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jan 4th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ngororero: Haracyari ibibazo mwiyandikisha ry’ubutaka

    Mu gihe hasihaye igihe kitarenze icyumweru ngo igikorwa cyo kwandika ubutaka mu murenge wa gatumba kirangire, urwego rushinzwe kwandika ubutaka muri uyu murenge rurahamagarira buri wese uziko atandikishije ubutaka bwe kubyitabira mbere y’uko iki gikorwa gisoza.

    Uru rwego ruranamara impungenge abaturage bafite ibibazo byo kuba ubutaka bwabo bwanditse kuri leta kuko itegeko ry’ubutaka nirihinduka ubutaka buzegurirwa ba nyirabwo n’ubwo ibi bidakuraho ko abatwaye ubutaka bwa leta bakomeza gukurikirana.

    Nk’uko byagaragaye hamwe na hamwe mu kwandika ubutaka ahakaswe ibibanza by’imidugudu hagiye handikwa kuri Leta, nta ngurane ihawe nyiraho. ibi byanagize ingaruka ku bubakiwe amazu bakanahabwa amasambu yandikwa kuri Leta ku buryo abayahawe basa nk’aho ntaburengenzira bayafiteho.

    Izi mbogamizi zatumye biba ngombwa ko harebwa uko itegeko rigenderwaho ry’ubutaka ryahindurwa, ariko hagati aho ubutaka bukomeje kwandikwa kandi bizwi ko itegeko rikurikizwa mu gihe cyose ritarahinduka.

    Kubera iyi mpamvu twaganiriye n’umukozi ushinzwe igikorwa cy’ibarura ry’ubutaka mu murenge wa gatumba Tuyishime Francine, maze avuga ko itegeko ry’ubutaka risobanutse kuburyo ntawagombye kubigiraho impungenge, kuko ntawe uzamburwa ubutaka kandi ari ubwe. Yanavuze ko ibibazo bike bigaragara mwiyandikishwa ry’ubutaka harimo abasaba ingurane z’ahashyizwe imidugudu, ikibazo cyabo cyigwa ninzego zo hejuru.

    Francine yakomeje avuga ko ubu barimo gusobanurira abaturage ibijyanye n’itegeko ry’ubutaka kuko hari abo usanga batabyumva bagahitamo kutabaruza ubutaka bwabo kandi bizabazanira ingaruka zirimo no kwamburwa ubutaka kuko ntabyangombwa bazaba babufitiye. Gusa ngo iri tegeko risa n’aho ryihutiwe gushyirwa mu bikorwa abaturage bataramenya neza ibirikubiyemo.

    Kimwe mu bibazo byaje kuvuka mu bijyanye no kwandikisha ubutaka, mu kagali ka rusumo bagaragazaga ko ubutaka ari ubwabo ariko ko bukomoka ku mpano z’abayobozi, gusa iki kibazo cyaje gukemuka, ariko hari hakiri ikibazo cyo kuba iyo akagali kamaze kwandikirwa muri rusange ababarura badasubira inyuma gukemura ibibazo byahasigaye.

    Tuyishime avuga ko abaturage bagomba kujya begera ubuyobozi hakiri kare kugirango bikemurwe bahari kuko bikigaragara ko hari abasigara batandikishije ubutaka bwabo, kandi iki gikorwa ngo kigamije gukemura ibibazo bikomoka ku butaka.

    Mu gihe hari tumwe mu turere twamaze gutanga ibyangombwa bya burundu ku butaka, biteganyijwe Igikorwa cyo kwandika ubutaka mu karere ka Ngororero ho kizarangiye, bitarenze ukwezi kwa gatandatu umwaka wa 2012


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED