Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jan 12th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Hari imihigo yashyirwa mu bikorwa ikabangamira abaturage batari bake: Mutakwasuku

    Kuri uyu wa 9 Mutarama 2012, mu gikorwa cyo gusuzuma aho imihigo yahizwe n’uturere igeze, gikorwa n’abakozi bagize itsinda rya Leta riyobowe na Minisiteri y’Intebe, Umuyobozi w’akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko hari imwe mu mihigo bashobora gushyira mu bikorwa ikaba yabateza ibibazo ndetse bikanabangamira abaturage.

    Hari imihigo yashyirwa

    Ibi ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bukaba bweretse abagize iri tsinda ko hari ibisabwa abarurage birenze ubushobozi bwabo. Aha Mayor Mutakwasuku akaba yerekanye ikibazo cya biyogazi (biogaz) nk’ikibazo gikomeye kuko abaturage basabwa amafaranga arenze ubushobozi bafite kugira ngo babashe kuyigezwaho.

    Agira ati: “Ubundi ku muntu ushaka kubona biyogazi Leta imutangira amafaranga ibihumbi 300 nawe akitangira andi ibihumbi 500, ubwo kandi hari abaturage benshi batabona ubushobozi bw’ayo mafaranga, ubwo byabasaba kugurisha inka bafite kandi arizo zitanga iyi biyogazi”.

    Aha berekanye ko benshi mu baturage bagira imbogamizi yo kubona inguzanyo ngo bakoreshe biyogazi kuko abatari bake batabasha kubona ingwate ya banki.

    Ubuyobozi bw’akarere bukaba butazuyaje kwisabira iri tsinda ryari rigizwe n’abantu batanu ko ryabakorera ubuvugizi ku nzego zo hejuru.

    Umuyobozi w’akarere ka Muhanga akaba yavuze ko abaturage ari bo babisabiye ko leta ibateye inkunga ariho hashyirwamo ingufu kugirango babone biyogazi, kuko bo basanze ubushobozi bwabo ari buke.

    Nyamara aha ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwongera kuvuga ko hari abaturage baba bifuza buri gihe ko bafashwa muri byose bityo bakumva ko byose babikorerwa ku buntu.

    Ahandi abagize iri tsinda rya leta bo ubwabo bavuze ko hari ibikorwa bishobora kubangamira rubanda ni aho abaturage bagiye kongera gusabwa gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza mu kwezi kwa kabiri kandi hari abatari bake bari bakimara gutanga ay’umwaka barangije.

    Mu bwisungane mu kwivuza naho hakaba haragaragaye ikibazo kuko umwaka wahinduye isura. Mu busanzwe amafaranga yatangiraga gutangwa kuva mu kwezi kwa Mutarama, ubwisungane mu kwivuza baguze bugata agaciro mu kwezi k’Ukuboza.

    Uyu mwaka hashyizweho gahunda y’uko umwaka uzajya utangira mu kwezi kwa kamena, bugata agaciro mu kwezi kwa kamena k’undi mwaka.

    Aha abaturage bakaba bashobora kuzabigiriramo ibibazo kuko batinze kumvishwa iyi gahunda. Ibi bizatuma hari benshi bishyuye bitinze bityo kuzongera kubwirwa gutangira kwishyurira umwaka utaha na none, bikazaba ari ikibazo ku baturage.

    Ikindi cyatumye abaturage batinda kwishyura ngo byaturutse kuri gahunda z’ubudehe, byagaragaye ko zitari zanogejwe neza kuko amalisiti y’ibyiciro abaturage baherereyemo yasohotse atinze. Ibi byatumye benshi mu bakoresha ubu bwisungane bagura ubwisungane batinze bityo bakazabwivurizaho igihe gito.


     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED