Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Jan 9th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Akarere ka gisaga kakoze Isuzumwa ry’imihigo


    Akarere ka gisaga

    tariki ya 5 mutarama 2012 akarere ka Gisagara kamuritse imihigo imbere y’abayobozi bakuru batumwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ndetse n’intara y’amajyepfo.

    Mbere yo kumurika imihigo yabo umukuru w’akarere ka Gisagara Bwana Leandre Karekezi yabanje gusobanura ko imihigo yabo uko bari bayitangije atari ko yakomeje kuko byabaye ngombwa ko hari ivamo igashyirwa muri gahunda z’akazi kaburi munsi gasanzwe.

    Iyo mihigo mu kuyigabanya barebye ifite ikamaro cyane baba ariyo barekeramo indi ivamo ku buryo mu mihigo igera kuri 80 bari batangiranye basigaranye 42.

    Bwana Leandre kandi yasobanuye ko intego bihaye bagerageje kuyisaranganya mu mirenge hakurikijwe ubushobozi bwa buri murenge.

    Muri iyi mihigo 42 igera kuri 34 muri yo imaze kugerwaho ku rwego rwa 80% indi 8 iri hagati 50% na 80%, kandi nk’uko umuyobozi w’akarere yabitangaje ngo yose bizeye kuzayigeraho ijana ku ijana.

    Intumwa za Minisiteri nazo mbere yo kumurikirwa imihigo zasabye abakozi b’aka karere kuvugisha ukuri ndetse ntibanatinye kwerekana ahabaye imbaraga nke kuko ngo iri suzuma icyo ryari rigamije atari ugutanga amanota cyangwa kugaya ahubwo ngo kwari ukugirango bungurane ibitekerezo cyane cyane ku bitaragenze neza kugirango harebwe n’uburyo byashyirwamo imbaraga.

    Imihigo yose imaze kumurikwa uko ari 42, akarere ka Gisagara karashimwe kuko hari imihigo myinshi kagiye kesa ku rwego rwa 100% nko mu burezi aho amashuri yagombaga kubakwa yagezweho ndetse akarenga.

    Utubazo duke twagiye tugaragara twabonetse hamwe na hamwe ama raporo atabaga yuzuye ayandi bigaragara ko yakozwe akererewe, abayashinzwe bakaba barasabwe kwisubiraho.

    Zimwe mu nama bagiriye aka karere harimo iyo kwitabira gutuza abantu ku masantere ariko bakirinda akajagari muri uko kubatuza ndetse banasabwa gukomeza kongera imbaraga mu mikorere yabo kugirango bagere kubyo biyemeje.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED