Subscribe by rss
    Monday 18 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jan 13th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Burera-Imiryango 50 yagabiwe inka muri hagunda ya “Gira Inka”

    Kuri  uyu wa gatatu 11/01/2012 akarere ka Burera gafatanyije n’ikigo k’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) bagabiye inka imiryango 50 yo muri ako karere muri gahunda y’igihugu ya “Gira Inka” munyarwanda.

    Burera-Imiryango 50 yagabiwe           

    Bamwe mu baturage bagabiwe inka bishimiye icyo gikorwa. Saverina Basesekaza ni umwe mu bagabiwe inka. Ni umukecuru ufite imyaka 53 y’amavuko, atuye mu murenge wa Kivuye. Avuga ko kuba agabiwe inka bizatuma agira amasaziro meza.

    Agira ati “iyi nka bangabiye izandera, izanshajisha”. Akomeza avuga ko ari ubwa mbere atunze inka. Ngo n’ubwo ariko ari ubwa mbere agiye kuyorora, kandi ngo azayifata neza. Agira ati “nzayirera nk’uko nareze abana banjye”.

    Mbonizana Triphonie utuye mu murenge wa Rugarama avuga ko nawe yishimiye kuba agabiwe inka, kuko izamufasha kugira imibereho myiza. Akomeza vuga ko iyo nka izamuha amata ndetse n’ifumbire bizamufasha kugira umuzima bwiza.

    Uwambajemariya Florence umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yasabye abagabiwe inka kuzifata neza kugira ngo zizabakure mu bukene.

    Yabwiye kandi abo bagabiwe inka ko bagomba nabo kugabira abandi kugira ngo buri muturage gahunda ya “Gira Inka” izamugereho

    Yakomeje asaba abo bagabiwe inka ko nizibyara, amata zizajya zikamwa bazajya bayanywa aho kuyagurisha. Bamara kwihaza bakaba ariho basagurira isoko. Ngo birakwiye ko bazajya batarama bakanywa amata.

    Dr Kanyandekwe Christine umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ubworozi muri RAB yabwiye abo bagabiwe inka ko inyinshi muri zo zihaka. Akaba yabasabye kuzifata neza kugira ngo zizabahe amata ndetse n’ifumbire maze bave mu bukene. Gusa ariko yababwiye ko iyo umuntu ugabiwe yitura, ngo bakaba bagomba kwitura bagabira abandi.

    Inka zagabiwe abo baturage bo mu karere ka Burera ni inka 50. Mirongo itatu muri zo zahawe abaturage bo mumurenge wa Kivuye. Abagabiwe inka bose ni abatishoboye, bakaba bazigabiwe kugira ngo zizabakure mu bukene.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED