Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Jan 9th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ruhango: Abaturage baratangaza ko “banyuzwe n’ibisubizo bahawe.”

    Kuri uyu wa kane abaturage bo mu karere ka Ruhango bahawe umwanya wo kwibariza umuyobozi w’akarere ibibazo bari bafite bitabashije gukemurwa, benshi mu babajije ibibazo batangaje ko   “banyuzwe n’ibisubizo bahawe n‘umuyobozi w’akarere” ko kandi bafite “icyizere ko imyanzuro yafashwe izashyirwa mu bikorwa.”

    Ruhango Abaturage baratangaza

    Abaturage babajije ibibazo byabo mu bwisanzure.

    Mu rwego rwo kugendana na gahunda z’ukwezi kw’imiyoborere  myiza (kuva kuwa 13 Ukuboza 2011 kugeza kuwa 31 Mutarama 2012), ubuyobozi  bw’akarere ka Ruhango bwahaye rugari abaturage bo mu mirenge ya Ruhango, Ntongwe na Kinazi; kugira ngo babashe kubaza ibibazo byose bifuza ko bishakirwa ibisubizo.

    Benshi mu baturage twaganiriye batubwiye ko bashimishijwe n’ibisubizo umuyobozi w’akarere yabahaye ndetse bongeraho ko bafite icyizere ko imyanzuro yafashwe izashyirwa mu bikorwa.

    Byinshi mu bibazo byabajijwe byari bijyanye n’imanza z’ubutaka ndetse n’ihohoterwa.

    Umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier nawe yatangaje ko guhura n’abaturage ayobora akanabaha umwanya wo kubaza ibibazo bafite “atari gahunda nshyashya kuko asanzwe abikora.”

    Mbabazi yagize ati “Dusanzwe dufite gahunda yo kwakira abaturage no gukemura ibibazo byabo, ubundi umunsi wa gatatu nta kindi twawuhariye; twakira abaturage hano ku karere ndetse byanashoboka tukabasanga no ku mirenge”.

    Umuyobozi w’akarere kandi  yasabye abayobozi b’inzego z’umurenge ndetse n’utugari gukurikirana bimwe mu bibazo byabajijwe ndetse bakanabikemura bidatinze. Ku kibazo cy’uko abayobozi bashobora gutinda kubikemura, umuyobozi w’akarere yasubije ko “ubuyobozi bw’akarere buzakomeza gukurikirana” kugira ngo bumenye niba ibyo bibazo koko byakemutse.

    Kuba ababajije ibibazo ari bake si ikibazo.

    Abaturage bari bbaajije ibibazo bose hamwe ni 12. Gusa n’ubwo uyu mubare ari muto, umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi Francois Xavier yatangaje ko kuba ababajije ibibazo ari bake atari ikibazo ko ahubwo  byerekana akamaro ko guhura n’abaturage kenshi gashoboka.

    Mbabazi ati “uko bigaragaye ntabwo haje abaturage benshi cyane” yongeraho ati “Njyewe ibi bimbereye ikimenyetso cyiza ko ya gahunda twashyizeho yo kwakira ibibazo by’abaturage buri cyumweru yagize akamaro.”

    Iyi gahunda izakomereza mu yindi mirenge aho ku wa  12 Mutarama umuyobozi w’akarere azahura n’abaturage bo mu mirenge ya Byimana , Mwendo na Mbuye naho ku wa 19 Mutarama umuyobozi w’akarere akazasanga abaturage bo mu mirenge ya Kabagari, Bweramana na Kinihira.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED