Subscribe by rss
    Saturday 21 April, 2018
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Feb 14th, 2012
    featured1 / Ibikorwa | By Lisa

    Rwanda | Rwamagana: ufite icyo yishyuza Akarere wese ntazarire, igihe ni iki

    Share This
    • Add to Delicious
    • Share on FriendFeed
    • Digg
    • submit to reddit
    Tags
    RwandaRwanda creditRwanda developmentRwandaRwamagana

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana mu Ntara y’Uburasirazuba bwatangiye gushakisha no kwakira uwo ako Karere kaba kabereyemo umwenda wese ngo bumvikane uko Akarere kazamwishyura. Ubu bushake bwo kwishyura ariko ngo buzarangirana n’uku kwezi kwa Gashyantare kuko nyuma y’iki gihe Akarere ka Rwamagana kavuga ko nta wundi muntu cyangwa itsinda ry’abishyuza kazongera kwakira.

    Rwamagana ufite icyo yishyuza

     

    Itangazo aka Karere kashyize ahagaragara riravuga ko abantu bose Akarere kabereyemo imyenda bahawe igihe ntarengwa cyo gushaka inyemezabuguzi cyangwa kontaro igaragaza ko baberewemo imyenda n’Akarere kugira ngo bizasuzumwe bashobore kwishyurwa.

    Ibyo byangombwa ngo bigomba gushakwa kandi bikagezwa ku Karere ka Rwamagana bitarenze impera z’ukwezi kwa Gashyantare 2012. Itangazo ry’aka Karere rirashimangira ko “abazarenza icyo gihe bahawe batazanye ibyangombwa batazongera kugira ikindi gihe n’ikindi bitwaza bavuga ko Akarere kababereyemo imyenda kandi bakaba batazigera bishyurwa nyuma y’icyo gihe bahawe.”

    Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imari n’ubukungu muri aka Karere, madamu Mutiganda Francisca, aravuga ko Akarere ka Rwamagana kiteguye kwishyura mu gihe cya vuba uwo ariwe wese uzaba yagaragaje ibyangombwa nyabyo by’uko Akarere ka Rwamagana kamubereyemo umwenda.

    Uyu muyobozi aravuga ko Akarere ka Rwamagana katahuye ko hari imyenda ya miliyoni zisaga 39 z’amafaranga y’u Rwanda kabereyemo abantu bataramenyekana kugeza ubu.

    Aya mafaranga akubiye mu mwenda mbumbe wa miliyoni zisaga 158 Akarere ka Rwamagana kasigiwe n’inzego z’ibanze za mbere y’ivugurura zirimo Uturere twitwaga Bicumbi, Muhazi, Gikoro n’Umujyi witwaga Rwamagana.


    Related News
    Tweet

    Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time

    Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects

    Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects
    • Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Arinaitwe: Uganda Intelligence Source from Butabika Mental Facility

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED