Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jan 9th, 2015
    featured1 / Ibikorwa / Latestnews | By gahiji

    Rwamagana: Guverineri Uwamaliya yasabye Intore zo ku Rugerero guharanira impinduka

    Rwamagana: Guverineri Uwamaliya yasabye Intore zo ku Rugerero guharanira impinduka 

    Abasore n’inkumi barangije amashuri yisumbuye, bakaba bari bamaze iminsi 3 mu Itorero ryo ku Rugerero mu karere ka Rwamagana, barasabwa kuba umusemburo w’impinduka nziza bihereye aho batuye kandi bagaharanira  kuba umusingi w’iterambere ritajegajega bagomba kwigezaho, bakarigeza no ku gihugu muri rusange.

    Ibi byasabwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, ubwo kuri uyu wa Gatatu, tariki 7/01/2015, yaganiraga n’urubyiruko rw’abasore n’inkumi 298 bo mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana mu gikorwa cyo gusoza ku mugaragaro icyo cyiciro cy’Itorero ryo ku Rugerero ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba.

    Rwamagana: Guverineri Uwamaliya yasabye Intore zo ku Rugerero guharanira impinduka

    Mu gihe cy’iminsi itatu uru rubyiruko rwari rumaze ruri hamwe mu Itorero ryo ku Rugerero rw’icyiciro cya III cyiswe “Inkomezabigwi”, rwatozwaga indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda bishimangira ubumwe bw’Abanyarwanda, ubupfura bwerekeza ku gukunda umurimo kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere, urubyiruko rubigizemo uruhare.

    Rwamagana: Guverineri Uwamaliya yasabye Intore zo ku Rugerero guharanira impinduka

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Odette Uwamariya, yabwiye urubyiruko ko u Rwanda rubafitemo icyizere gishingira ku mbaraga z’ubuto bafite maze abasaba ko baharanira kuba ingirakamaro muri byose kandi bagahera aho batuye.

    Kunyura mu Itorero ryigisha amateka y’igihugu ndetse n’imikoro ngiro ku barinyuramo, ngo ni amahirwe akomeye kuri uru rubyiruko kuko urubyiruko rwemerwa nk’imbaraga zo guteza imbere igihugu, bityo ngo uru rubyiruko rukaba rukwiriye gukoresha aya masomo nk’umusingi w’impinduka iwabo mu miryango, nk’uko Guverineri Uwamariya yabivuze.

    Yagize ati “Ubundi iyo utoje umwana muto, biroroshye ko na we ashobora gufasha, akaba yahindura aho agiye.”

    Uwiragiye Jean de Dieu, Intore yo ku mukondo (ikuriye izindi) mu murenge wa Kigabiro, atangaza ko muri iri torero bahungukiye indangagaciro zikomeye ku buryo zabacengeye kandi bakazaharanira kuzigeza ku bandi.

    Rwamagana: Guverineri Uwamaliya yasabye Intore zo ku Rugerero guharanira impinduka

    Uwiragiye yagize ati “Ibyo twize, ikintu cya mbere byatumariye ni ukuduhindura mu myumvire n’imitekerereze kandi no kumenya gushyira mu bikorwa ibyo igihugu cyacu cyiyemeje. Imigabo n’imigambi ya mbere tujyanye ni iyo kugenda tugahugura ababyeyi twasize, tugahugura urubyiruko twasize inyuma rutabashije kugira amahirwe yo kugera ahangaha tugeze; tukarugezaho ibyo twize, kandi nizeye neza ko tuzabibagezaho kuko twabitojwe neza.”

    Bamwe mu babyeyi bo mu murenge wa Kigabiro baje gushyigikira abana babo ubwo basozaga iki cyiciro cy’urugerero, bashimye Leta y’u Rwanda yashyizeho Itorero ry’Igihugu, kugira ngo ribe urubuga urubyiruko n’abandi batorezwamo indangagaciro z’Ubunyarwanda.

    Nk’uko byatangajwe n’Umutahira w’Intore mu karere ka Rwamagana, Zamu Daniel, ngo muri rusange, izi Ntore zatojwe kuri gahunda za Leta, icyerekezo 2020 na gahunda y’imitoreze ariko by’umwihariko, bigishwa ku ndangagaciro 7 ziranga Umunyarwanda. Izo ni Ubunyarwanda, Gukunda Igihugu, Ubunyangamugayo, Ubutwari, Ubwitange, Gukunda umurimo no kuwunoza no Kwihesha agaciro.

    Mu murenge wa Kigabiro, hatorezwaga Intore 298 bakaba ari bamwe mu Ntore 1705 zatorezwaga mu karere ka Rwamagana muri iki gihe cy’iminsi 3, naho mu Ntara y’Iburasirazuba yose, hakaba habarurwa Intore zisaga ibihumbi 12 zisoje amashuri yisumbuye.

    Nyuma y’iki cyiciro cyabereyemo gusinyana imihigo y’Intore n’abayobozi b’utugari, Intore zizakomereza urugerero hirya no hino mu tugari zituyemo kugeza mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED