Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 10th, 2015
    Feature / featured1 / Ibikorwa | By gahiji

    Gakenke: Abaturage barishimira ko ibiva mubikorwa by’itorero n’urugerero bibagirira akamaro

    Gakenke: Abaturage barishimira ko ibiva mubikorwa by’itorero n’urugerero bibagirira akamaro

    Gakenke: Abaturage barishimira ko ibiva mubikorwa by’itorero n’urugerero bibagirira akamaro

    Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke barishimira ko bimwe mubikorwa biva mu itorero n’urugerero bibagirira akamaro kuko usanga akenshi urubyiruko ruhurira mu itorero, nyuma yaho hari ibyo biyemeza kuzakorera abaturage kugirango barusheho kwiteza imbere.

    Gakenke: Abaturage barishimira ko ibiva mubikorwa by’itorero n’urugerero bibagirira akamaro

    Ibi babitangaje tariki 07/01/2015 ubwo abasore n’inkumi barangizaga ibikorwa by’itorero mu mirenge yose, ibikorwa byasojwe no guhiga ibyo bazakorera abaturage mu bikorwa by’urugerero bagiyemo.

    Frazia Singirankabo wo mu murenge wa Cyabingo, avuga ko icyo utoje umwana aricyo akurikiza kandi kuri we akaba yanyuzwe n’uko abashoje itorero mu murenge wabo bahize ko bazajya begera abaturage kuko abona ko hari icyo bizafasha abaturage.

    Ati “bizatugirira akamaro kubera ko njye aho ngeze ubu ndi gusubira inyuma ariko umwana muto ari gutera imbere ashobora kuza ati mukecuru zamuka tujye mu nama dukore iki niba narindi gukora nabi amvugurure, niba nicaye mukabari nkuko ndi umukecuru ariko akavuga ati itonde”

    Gakenke: Abaturage barishimira ko ibiva mubikorwa by’itorero n’urugerero bibagirira akamaro

    Marie Chantal Uwitonze nawe n’uwo mu murenge wa Cyabingo, avuga ko mu mihigo inkomezabigwi zirangije itorero zahize yishimiye ko harimo ko bazubakira abaturage kuko usanga hari abantu bafite inzu ntoya kuburyo hari abakirarana n’amatungo kandi atari ngombwa kuburyo abona ko ibikorwa by’itorero bibafitiye akamaro

    Ati “yewe bidufitiye akamaro kenshi cyane kuko iyo ubona urubyiruko nkaruriya arirwo dutezeho ejo hazaza ariho harimo abazavamo abayobozi bakatuyobora bakatwigishiriza urubyaro rwacu ni igikorwa rwose twagombye kwishimira nk’abanyarwanda”

    Fabien Hategekimana intore y’inkomezabigwi yo mu murenge wa Cyabingo, asobanura ko mbere yo kugira icyo bahiga babanza kureba ibintu by’ibanze bibura mu murenge wabo kandi bigaragara ko bigomba gukorwa koko bityo bagahiga kubikora kandi bakaniyemeza kuzabikora kuburyo ubu bahize kwuzuriza isuku mubice bitandukanye

    Ati “twahize ko tugomba kwuzuza cyangwa se kwuzuriza isuku mu bice bitandukanye cyangwa se muburyo butandukanye yaba mu ngo haba munzibutso tukaba dufite urwibutso mu kagari ka Muhororo kandi twahize ko tugomba kujya turwitaho tukarukorera isuku mbese kuburyo ari ntacyo rushobora kubura”

    Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita yibukije ko intego y’itorero n’urugerero by’inkomezabigwi biba ari ukugirango bahindure imyumvire n’imitekerereze ariko nanone ntibihagararire aho ngaho.

    Ati “icyari kigamijwe cyane ni ukugirango intore zacu nanone zirusheho gukomeza kugera kuri ya ntego yo kugirango zihindure imyumvire, imitekerereze, imyitwarire n’imikorere ariko ntibihagararire ahongaho ahubwo nyuma y’uyu mwanya muto baba barimo hano, ibyo byose bakuye hano babijyane babigeze ku baturage batuye mu mirenge”

    Bikaba biteganyijwe ko ibikorwa by’urugerero bizatangira kuwa 12/01/2015 bikitabirwa n’intore z’inkomezabigwi1922 zituruka mu mirenge 19 igize akarere ka Gakenke

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED