Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jan 10th, 2015
    Feature / featured1 / Ibikorwa | By gahiji

    Cyabingo: Urubyiruko ruratangaza ko rwiteguye gutanga umusanzu warwo mubikorwa byo kubaka igihugu

    Cyabingo: Urubyiruko ruratangaza ko rwiteguye gutanga umusanzu warwo mubikorwa byo kubaka igihugu

    Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwari rumaze iminsi muri gahunda z’itorero rwo mu murenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke ruvuga ko biteguye gutanga umusanzu wabo muri gahunda zo kubaka igihugu kandi bakabikora babikuye kumutima mu rwego rwo gusigasira ibyiza igihugu kimaze kugeraho.

    Cyabingo: Urubyiruko ruratangaza ko rwiteguye gutanga umusanzu warwo mubikorwa byo kubaka igihugu

    Kuri uyu wa 07/01/2014, abo basore n’inkumi bo mu murenge wa Cyabingo bahize byinshi birimo kugira ubukangurambaga mu isuku, gutanga umusanzu w’amaboko mukubaka ibikorwaremezo hamwe no kwitabira gahunda za leta barushaho kuzigama banabikangurira abandi.

    Oliva Habarugira, inkomezabigwi yo mu murenge wa Cyabingo, avuga ko nk’urubyiruko bicaye bakareba bagasanga nubwo nta bushobozi bafite hari icyo bashobora kubona bakazigama biyemeza guhiga umuhigo wo kwizigamira.

    Ngo hambere bamwe bagiraga icyizere bazi ko bazaragwa n’ababyeyi babo ariko kubera ubwiyongere bw’abaturage buriho hanze aha, ubutaka buhingwa bwaragabanutse, none baricaye basanga nubwo nta bushobozi bundi bafite nk’urubyiruko ariko ngo hari igihe bashobora kubona ijana.

    Akaba ariyo mpamvu bateganyije icyitwa “saving group” kuburyo ubonye icyo giceri yajya akijyanayo kugera igihe kizagera bakaba banahabwa inguzanyo yabafasha kwikorera ku giti cyabo batiriwe bashakira ahandi imirimo.

    Fabien Hategekimana nawe w’intore y’inkomezabigwi yo mu murenge wa Cyabingo, avuga ko nyuma yo kubona ko hari ndwara nyinshi zitandukanye ziterwa n’isuku nkeya biyemeje kurwanya izo ndwara bakora ubukangurambaga

    Ati “twamaze kubona ko harimo indwara nyinshi zitandukanye ziterwa n’umwanda niyo mpamvu twiyemeje kugirango izo ndwara tuzirwanye tugerageza kuzamura isuku, twahize ko byanga byakunda tugomba kuzagira ihuriro ry’ahantu tugomba kuzajya duhurira ibyo bintu tukagenda tukabikora”

    Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita yabwiye urwo rubyiruko ko rugomba kurangwa n’indangagaciro na kirazira kandi nanone igikurikiyeho kikaba ari uko bagiye kwesa imihigo biyemeje.

    Kuva gahunda y’itorero ku banyeshuri bashoje amashuri yisumbuye yatangira, mu murenge wa Cyabingo, torero rimaze gukorwa n’abasaga 800 mu gihe abasoje icyiciro cya mbere cy’itorero uyu mwaka bangana na 116

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED