Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Feb 15th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Gisagara: Iminsi yo kujya mu bwisungane mu kwivuza yarongerewe

    Mu rwego rwo kongera abanyamuryango no guha amahirwe abaturage bari baracikanwe, akarere ka Gisagara kongereye iminsi 15 ku gihe cyari gitegetswe cyo kujya mu bwisungane mu kwivuza.

    Gisagara Iminsi

    Ivuriro rya Kansi

    Aka karere kakunze kuba inyuma muri iyi gahunda mu minsi ishize, kagerageje kongera imbaraga no gufata ingamba nshya kugirango abanyamuryango biyongere ndetse harebwe ko kava ku mwanya mubi kariho mu bwisungane mu kwivuza.

    Mu byakunze gutuma rero abaturage batitabira iki gikorwa harimo imyumvire iri hasi itumva akamaro ko kujya mu bwisungane  n’ubukene kuri bamwe.

    Kugirango rero iki kibazo cy’imyumvire gikemuke hagiye hakorwa ibintu byinshi birimo gusura abantu mu ngo bakaganirizwa kuri iki gikorwa, gukoresha amanama n’ibiganiro no gufata umwanya wo kugishakira igisubizo hamwe cyane cyane nyuma y’imiganda rusange.

    Uyu munsi rero aka karere karavuga ko abantu bagiye biyongera n’ubwo uyu munsi hatazwi niba karavuye ku mwanya wa nyuma kari kariho ku rwego rw’igihugu, ariko hariho imirenge myinshi yagiye igaragaza impinduka ikigira imbere ndetse inavuga ko kongeraho iyi minsi 15 byagize akamaro.

    Umurenge wa Kansi ubu ukaba uri mu iri imbere muri aka karere ku ijanisha rya 88,84% ndetse hakaba hari n’icyizere cyo kurenza aha kuko n’ubwo ngo iminsi 15 bongerewe igiye kurangira kuko izarangira ku itariki 15/2 abantu bari bakiza kuko ku munsi hari igihe bandikaga abantu bashya barenga 10.

    Evariste Hakizimana umucungamari mu bwisungane mu kwivuza ku ivuriro rya Kansi aravuga ko ibiganiro n’inama bagiye batanga byagize akamaro kuko abantu benshi bagiye bahindura imyumvire, gusa ngo hari n’abagiye bagira ibibazo by’ubukene bigaragara abo rero bakaba baragiye boherezwa mu buyobozi kugirango bafashwe.

    Abaturage b’uyu murenge wa Kansi batabashaga kubona amafaranga ako kanya bagiye babona ubufasha bw’ibigo nka Sacco bakagurizwa maze bagahabwa igihe bazishyurira.

     


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED